FIFA yahagaritse Luis Rubiales wayoboraga umupira w’amaguru muri Espagne mu bikorwa bifite aho bihurira n’umupira w’amaguru ku isi mu gihe cy’amezi 3 mu gihe bagikora iperereza ku gusoma Hermoso umukinnyi ukinira Spain y’abagore iheruka kwegukana igikombe cy’isi .
Luis Rubiales we yari yahakanye ibyo kwegura ku bushake bwe nk’ukuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muei Spain .
Jenni Hermoso avuga ko atigeze yemerera, Luis Rubiales ko amusoma - mu gihe abakinnyi 81 biyemeje kutazakinira ikipe y’igihugu y’abagore muri icyo gihugu igihe uwo mutegetsi azaba atarava ku mwanya arimo.
Byari byitezwe ko Rubiales yegura mu nama nkuru idasanzwe yari yatumijwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Espagne (RFEF), ariko aravuga ati "sinkwiye gukora ibintu nk’ibi."
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *