skol

FIFA yasohoye urutonde rw’abakinnyi 10 bazatorwamo uwa mbere ku isi muri 2018 batarimo Neymar

Yanditswe: Tuesday 24, Jul 2018

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA rimaze gushyira hanze urutonde rw’abakinnyi 10 bazatoranywamo uzegukana igihembo cy’uwitwaye neza muri 2018 rwiganjemo abakina mu Bwongereza no muri Espagne.

Iki gihembo gitangwa na FIFA kizwi nka ’The Best’ giheruka kwegukanwa na Cristiano Ronaldo aho kuri ubu yongeye kugaruka ndetse ari kumwe na Lionel Messi bamaze imyaka 10 bahangana.

Abakinnyi 10 Batoranyijwe kuzahatanira "The Best"

Icyagaragaye kuri uru rutonde n’uko abakinnyi bafashije Ubufaransa kwegukana igikombe cy’isi bahawe amahirwe dore ko harimo batatu Antoine Griezmann, Kylian Mbappe na Raphael Varane biyongera kuri Harry Kane watsinze ibitego byinshi mu Burusiya na Luka Modric wabaye umukinnyi w’irushanwa.

Ronaldo niwe wegukanye iki gihembo umwaka ushize

Inzobere 12 mu mupira w’amaguru zirimo abatoza n’abigeze gukina ruhago nizo zatoranyije aba bakinnyi 10 aho mu mazina akomeye azwi harimo Lothar Matthaus, Fabio Capello, Didier Drogba, Kaka, Frank Lampard, Ronaldo, Alessandro Nesta na Carlos Alberto.

Gutora umukinnyi witwaye neza muri 2018 ku rubuga rwa FIFA, byatangiye ku wa kabiri w’icyumweru gishize aho bizafungwa ku wa 10 Kanama 2010.

Neymar ntiyagaragaye ku rutonde rw’abakinnyi 10

Abatoza b’amakipe y’ibihugu,ba kapiteni b’ibihugu ndetse n’abanyamakuru 200 bo hirya no hino ku isi,nabo bazagira uruhare mu gutora umukinnyi witwaye neza ku isi mu mwaka wa 2018 aho abakinnyi 3 ba nyuma bazatangazwa muri Nzeri.

Abakinnyi 10 batoranyijwe:

Cristiano Ronaldo (33, Juventus and Portugal)
Kevin De Bruyne (27, Manchester City and Belgium)
Antoine Griezmann (27, Atletico Madrid and France)
Eden Hazard (27, Chelsea and Belgium)
Harry Kane (24, Tottenham and England)
Kylian Mbappe (19, Paris Saint-Germain and France)
Lionel Messi (31, Barcelona and Argentina)
Luka Modric (32, Real Madrid and Croatia)
Mohamed Salah (26, Liverpool and Egypt)
Raphael Varane (25, Real Madrid and France)

Abatoza 10 bazatoranywamo uwahize abandi:

Massimiliano Allegri (ITA) - Juventus
Stanislav Cherchesov (RUS) - Russia national team
Zlatko Dalic (CRO) - Croatia national team
Didier Deschamps (FRA) - France national team
Pep Guardiola (ESP) - Manchester City
Jurgen Klopp (GER) - Liverpool
Roberto Martinez (ESP) - Belgium national team
Diego Simeone (ARG) - Atletico Madrid
Gareth Southgate (ENG) - England national team
Ernesto Valverde (ESP) - Barcelona
Zinedine Zidane (FRA) - Real Madrid

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa