Gacinya wamenyekanye ayobora Rayon Sport yakuwe mu bahatanira kuyobora FERWAFA
Yanditswe: Tuesday 06, Jun 2023
Gacinya Chance Denis wigeze kuyobora Rayon Sports na Murangwa Eugène Eric wakiniye Amavubi bakuwe ku rutonde rw’abiyamamarizaga kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA.
Aba bari bazanye ibyangombwa byabo byagombaga kubahesha amahirwe yo guatana mu matora ateganyijwe ku wa 24 Kamena 2023.icyakora n’ubwo bahabwaga amahirwe nk’abanyabigwi byarangiye batemerewe.
Nta kindi urwego rushinzwe amatora muri FERWAFA rwatangaje ku mpamvu batemerewe cyangwa ibyangombwa batujuje usibye kubamenyesha binyuze ku rutonde rusange
Gacinya Chance Denis yiyamamaje ku mwanya wa Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe Tekiniki mu gihe Murangwa Eugène Eric we yatanze kandidatire ku kuyobora Komisiyo Ishinzwe Iterambere ry’umupira w’amaguru.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *