skol

Gareth Bale mu nzira zo gusezera ku mupira w’amaguru

Yanditswe: Saturday 05, Jun 2021

Umukinnyi Gareth Bale ukina asatira izamu mu ikipe ya Real Madrid,ashobora gusezera ku mupira w’amaguru muri iyi mpeshyi nyuma yo kutagira ibihe byiza mu myaka mike ishize.

Uyu munya Wales wagize ibihe byiza mu ikipe ya Tottenham mbere y’uko yerekeza muri Real Madrid,biravugwa ko afite gahunda yo gusezera ku mupira w’amaguru akajya mu bindi.

Ikinyamakuru Marca kibogamira kuri Real Madrid,cyanditse ko Bale ari kwiga ku kuntu yasezera ku mupira w’amaguru muri iyi mpeshyi amaze gukina imikino ya EURO 2020,hamwe n’ikipe y’igihugu ya Wales.

Nubwo Bale yashoboraga kongera kubona umwanya wo gukina kubera ko Real Madrid akinira yazanye umutoza mushya Ancelotti,ariko uyu mukinnyi ngo nta byishimo akibona mu mupira nyuma yo kugirana ibibazo n’uwari umutoza we Zinedine Zidane.

Zidane yanze guha umwanya Bale bituma mu mwaka w’imikino ushize atizwa muri Tottenham yahozemo.

Icyakora Bale aheruka gutangaza ko atazongera gukina muri Spurs ahubwo azahita yerekeza muri Real Madrid kurangiza amasezerano y’umwaka umwe usigaye.

Ubwo Carlo Ancelotti yabazwaga kuri Bale yagize ati “Ndacyafitiye icyubahiro Gareth, Isco, Marcelo.Bazabona umwanya wo kugaragaza ko bashoboye gukinira Real Madrid.”

Bale w’imyaka 31 yaba atunguranye asezeye kuko akiri muto ndetse yanarangije shampiyona ari ku rwego rwo hejuru muri Tottenham gusa muri iyi minsi ntabwo yishimye kubera imvune ahorana ndetse no kutumvikana n’abatoza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa