skol
fortebet

Gen. Mubarakh yaganiriye n’umutoza nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia FC

author-image

Yanditswe na: Emmy
Kuwa: Saturday 25, Jul 2026

Gen. Mubarakh yaganiriye n'umutoza nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia FC

Sponsored Ad

skol

Umuyobozi w’Icyubahiro Wungirije wa APR FC Gen. Mubarakh Muganga yagiranye ibiganiro byihariye n’umutoza Taleb Abderrahim Taleb n’abakinnyi nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia 5-0 mu mukino ufungura CECAFA Kagame Cup 2026.

Ibi byabaye nyuma y’uyu mukino wabereye kuri Stade Amahoro Saa Moya z’umugoroba iyi kipe igatsindwa irushwa cyane. Nk’uko bisanzwe iyo umukino urangiye umutoza na kapiteni baganira n’itangazamakuru ibyo umutoza Taleb na kapiteni we Cheick Djibril Ouattara nabo bakoze nkuko amategeko abiteganya.

Ubwo bari muri iki kiganiro n’itangazamakuru aho uyu mutoza yanavugiye ko imwe mu mpamvu yatsinzwe ari uko yatinze gutangira imyitozo, Umuyobozi w’Icyubahiro Wungirije wa APR FC yari hanze y’icyo cyumba aho yamaze iminota irenga icumi atagereje ko kirangira.

Iki kiganiro n’itangazamakuru kirangiye umutoza Taleb ndetse na kapiteni Djibril Ouattara basanze uyu muyobozi aho ahantu yari ahagaze abantu basohokera, aho ariko bahise bava bakomeza imbere muri stade aho bahise bagana ku rwambariro.

Ibi bigaragaza ko hari ibiganiro bagiranye bifitanye isano n’iyi ntsinzwi ikomeye iyi kipe yagize aho binagaragaza uburemere ifite kuri APR FC kuko atari ibintu bisanzwe kubona umuyobozi wayo kuri uru rwego aza gutegereza umutoza cyane cyane ikipe yanatsinzwe.

Nyuma yo gutsindwa uyu mukino wanarebwe n’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame wanitiriwe iri rushanwa atera inkunga kuva mu 2002, abakurikiranirahafi ruhago ndetse n’abakunzi ba APR FC basabiye umutoza Taleb uheruka kongera amasezerano y’umwaka umwe ko yakwirukanwa kuko hari amakosa ashinjwa, yewe no kuva mu mwaka w’imikino we wa mbere 2025-2026.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa