skol

Haaland yasize abanyamakuru bumiwe kubera ibisubizo bitangaje yabahaye

Yanditswe: Thursday 15, Sep 2022

featured-image

Erling Haaland yatanze ibiganiro bibiri n’abanyamakuru bitangaje nyuma y’umukino yatsinzemo Borussia Dortmund yahozemo muri Champions League.
Kuri uyu wa gatatu, Haaland yatsinze igitego gikomeye ku munota wa 84 cyahesheje amanota 3 y’ingenzi ikipe ya Manchester City muri Champions League.
Aganira na BT Sport, yishongoye kuri John Stones, avuga ko yatsinze igitego cyiza nijoro kumurusha cyane ko ariwe watsinze icya mbere.
Yamaganye ibyo umunyamakuru yavuze ko Dortmund yamucecekesheje, (…)

Erling Haaland yatanze ibiganiro bibiri n’abanyamakuru bitangaje nyuma y’umukino yatsinzemo Borussia Dortmund yahozemo muri Champions League.

Kuri uyu wa gatatu, Haaland yatsinze igitego gikomeye ku munota wa 84 cyahesheje amanota 3 y’ingenzi ikipe ya Manchester City muri Champions League.

Aganira na BT Sport, yishongoye kuri John Stones, avuga ko yatsinze igitego cyiza nijoro kumurusha cyane ko ariwe watsinze icya mbere.

Yamaganye ibyo umunyamakuru yavuze ko Dortmund yamucecekesheje, yibutsa Des Kelly yatsinze igitego.

Uyu munya Norway kandi yaganiriye na beIN SPORTS maze avuga ku gitego cye ’kidasanzwe’.

Yagaragaje kandi ko afite inzozi zo gukora ku mupira inshuro eshanu gusa mu mukino akanatsinda ibitego bitanu mu gihe benshi bavuga ko adakora ku mupira bihagije.

Ubu Haaland amaze gutsinda ibitego 13 mu marushanwa yose muri uyu mwaka w’imikino kandi ibigwi bye muri Champions League birivugira kuko afite ibitego 26 mu mikino 21 gusa.

Pep Guardiola yashimye ubuhanga bw’uyu mukinnyi we wamurokoye mu gihe uwahoze ari myugariro Rio Ferdinand yashimye ubuziranenge bwe imbere yizamu.

Umutoza Pep ati: "Mbega igitego".Ndibuka kera muri Barcelona Johan Cruyff yatsinze igitego gisa kuriya Atletico Madrid. Nibyiza Erling yiganye Johan Cruyff."

Uko Haaland yasubije ibibazo by’abanyamakuru:

Umunyamakuru: "Tukurebera ku ruhande kandi dutangazwa n’ibintu ukora. Biragutangaza nawe?"

Haaland: "Ikibazo cyiza. Mu by’ukuri simbitekerezaho cyane. Ndamutse mbitekerejeho cyane ntabwo cyaba ari ikintu cyiza."

Umunyamakuru: "Ntacyo bigutwara iyo udakoze ku mupira cyane?"

Haaland: "Abantu bavuga ko ntakora ku mupira bihagije, simbyitayeho. Inzozi zanjye ni ugukora ku mupira inshuro 5 ngatsinda ibitego 5."

Umunyamakuru: "Bakwimye (Dortmund) umwanya, bazi neza uburyo bwo kuguhagarika. Barinze neza izamu."

Haaland: "Ntabwo bampagaritse. Natsinze igitego."

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa