Rutahizamu Erling Haaland warangije umwaka w’imikino akoze agahigo ko gutsinda ibitego byinshi mu mwaka umwe w’imikino,36,yatangiye Premier League nabwo atsinda ibindi bitego 2.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Kanama 2023,nibwo Premier League yatangiye ku mugaragaro ikipe ya Manchester City itsinda Burnley ibitego 3-0 birimo bibiri by’uriya munya Norway.
Haaland witezwe cyane muri uyu mwaka w’imikino,yakoze agahigo ko gutsinda ibitego bya mbere bibiri byikurikiranya bifungura Premier League.
Nta wundi mukinnyi wari warigeze atsinda ibitego bibiri bibanza mu mukino wa mbere wa Premier League.
Mu mikino 39 amaze gukina muri Premier League,Haaland amaze gutsinda ibitego 38 ndetse benshi mu bakurikiranira hafi iyi shampiyona bemeza ko nakomeza gutya azakuraho vuba agahigo ka Alan Shearer, k’uwatsinze ibitego byinshi muri Premier League.
Igitego cya mbere Haaland yagitsinze nyuma y’amasegonda 184 uyu mukino utangiye ndetse atsinda ikindi ku munota wa 36.Igitego cya gatatu cyatsinzwe na Rodri ku munota wa 75.Mu minota ya nyuma,umukinnyi wa Burnley witwa Zaroury yahawe ikarita itukura.
Nkuko yasoje shampiyona ishize,Man City itangiye n’iyi iri ku mwanya wa mbere aho benshi mu bakurikira Premier League bayihaye amahirwe yo kwisubiza iki gikombe ku nshuro ya kane yikurikiranya.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *