skol

Habimana Sosthene yahishuriye andi makipe ibanga ryayafasha gutsinda Rayon Sports

Yanditswe: Thursday 07, Jun 2018

Umutoza w’ikipe y’Amagaju Habimana Sosthene yatangaje ko ikipe ya Rayon Sports ikomeye mu mpande ndetse arizo ziyifasha gutsinda bityo uramutse ukiniye hagati mu kibuga nta kabuza wayitsinda.

Uyu mutoza wahoze mu ikipe ya Rayon Sports akayivamo ubuyobozi bwariho bumwambuye,yatangarije abanyamakuru ku wa kabiriw’iki cyumweru nyuma yo kuyitsinda, ko kugira ngo utsinde Rayon Sports ugomba kuyirusha hagati warangiza ukazibira abakinnyi bayo bakina ku mpande.

Sosthene yatangaje ko gufungu impande za Rayon Sports byagufasha kuyitsinda

Yagize ati “Nabwiye abakinnyi banjye ko Rayon Sports ikina inyura ku mpande cyane ko tugomba gushaka uburyo dukinira hagati ndetse ko nitubishobora nta gitego turatsindwa.

Uyu mutoza yavuze ko kuba Rayon Sports ikinira imbere y’abafana benshi biyiha ingufu bityo iyo ukina nayo ugomba kwirinda ko ikubanza igitego ndetse ukazibira abakinnyi bayo baca mu mpande.

Ibi Sosthene yatangaje yabihuriyeho n’uwahoze ari umutoza wa Miroplast Muhire Hassan nawe watangaje ko iyo uhagaritse abakinnyi ba Rayon Sports baca ku mpande uba wayishoboye,aho yabikoze akanganya nayo igitego 1-1 mu mikino ibanza ya shampiyona.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa