skol

Hamenyekanye izina rishya ry’umutoza ushobora guhigika Pochettino na Zidane ku kazi ko gutoza Manchester United

Yanditswe: Tuesday 01, Jan 2019

Ibinyamakuru bitandukanye mu Bwongereza bikomeje kuvuga ko umutoza wa Redbull Salzburg, Marco Rose ashobora gutungurana agahigika amazina akomeye nka Zinedine Zidane, Laurent Blanc na Ole Gunnar Solskjaer ku kazi ko gutoza Manchester United.

Nubwo Mauricio Pochettino ariwe uhabwa amahirwe menshi yo kuba umutoza wa Manchester United mu mpeshyi itaha,uyu mugabo Marco Rose yatangiye kunuganugwa na benshi ko yatangiye ibiganiro mu ibanga na Ed Woodward kugira ngo azabe umutoza mukuru w’iyi kipe y’igihangange ku isi.

Biravugwa ko Pochettino adashaka gukorera ku gitutu cyane ko muri Tottenham aba atuje nubwo atatwara igikombe,byatumye umuyobozi wa Manchester United Ed Woodward atangira kurambagiza abatoza bafite ubuhanga bwo gutoza barimo uyu Marco Rose ukomoka mu Budage.

Rose w’imyaka 42,yafashije Red Bull Salzburg gutwara igikombe cya mbere muri Autriche mu mwakaa we wa mbere ayitoza ndetse iyi kipe imaze gushing imizi mu mikino ya UEFA Champions League aho ikunze gusezerera ibihangange.

Marco Rose utaratsindwa mu mikino 14 amaze gukina muri Autriche, yamenyekanye cyane mu ikipe ya Mainz 05 yo mu Budage ndetse ubu yamaze kugeza Red Bull Salzburg muri 1/32 cya Europa League atsinze imikino yose yo mu itsinda yari asangiye na Celtic, Rosenborg na RB Leipzig.

Marco Rose ashobora gutungurana muri Manchester United

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa