skol
fortebet

Hamenyekanye icyo Leroy Sane yasabye abayobozi ba Bayern Munich nyuma yo gukubitwa na Mane

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Saturday 15, Apr 2023

Hamenyekanye icyo Leroy Sane yasabye abayobozi ba Bayern Munich nyuma yo gukubitwa na Mane

Sponsored Ad

skol

Rutahizamu wa Bayern Munich,Leroy Sane,uheruka gukubitwa na Sadio Mane nyuma y’uko yari amututse bari mu kibuga,yamusabiye kutirukanwa.
Sadio Mane yakubise igipfunsi cyo mu maso uyu mugenzi we bakinana,mu ijoro ryo kuwa Kabiri ubwo bari bamaze gutsindwa na Man City ibitego 3-0 mu mukino ubanza wa 1/4 cy’irangiza cya UEFA Champions League.
Mane wahoze akinira Liverpool yarahagaritswe ndetse acibwa amande ataramenyekana n’ubuyobozi bwa Bayern Munich nyuma yo kuganirizwa we na Sane.
Hari (…)

Rutahizamu wa Bayern Munich,Leroy Sane,uheruka gukubitwa na Sadio Mane nyuma y’uko yari amututse bari mu kibuga,yamusabiye kutirukanwa.

Sadio Mane yakubise igipfunsi cyo mu maso uyu mugenzi we bakinana,mu ijoro ryo kuwa Kabiri ubwo bari bamaze gutsindwa na Man City ibitego 3-0 mu mukino ubanza wa 1/4 cy’irangiza cya UEFA Champions League.

Mane wahoze akinira Liverpool yarahagaritswe ndetse acibwa amande ataramenyekana n’ubuyobozi bwa Bayern Munich nyuma yo kuganirizwa we na Sane.

Hari amakuru avuga ko Oliver Kahn,Perezida w’ikipe na Hasan Salihamidzic bari bafashe umwanzuro wo kwirukana burundu mu ikipe Sadio Mane kubera uku gukubita mugenzi we.

Ikinyamakuru Bild kivuga ko Sane yasabye aba bayobozi kutirukana uyu mukinnyi ndetse anasaba ko batamuha ibihano biremereye.

Iki kivuga ko Sane yamaze kubabarira Sadio Mane ubu babanye neza.

Aba bombi ngo bahuye n’ubuyobozi kuwa Kane w’iki cyumweru ndetse ngo banafotowe bari gukora imyitozo nubwo ngo bari batandukanye.

Bayern Munich yavuze ko Sadio Mane w’imyaka 31 yahagaritswe umukino umwe wa Hoffeneim kuri uyu wa Gatandatu ndetse ko azacibwa n’amande.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa