skol

Hamenyekanye impamvu ikomeye yatumye abakinnyi ba Irani banga kuririmba indirimbo y’Igihugu cyabo

Yanditswe: Tuesday 22, Nov 2022

featured-image

Abakinnyi ba Irani banze kuririmba indirimbo y’igihugu cyabo mbere y’umukino wabahuje n’Ubwongereza mu gikombe cy’isi, mu rwego rwo kwifatanya n’abari mu myigaragambyo yamagana leta yabo.
Bamwe mu bafana bavugije induru abandi barazomera ubwo indirimbo y’igihugu cya Irani yacurangwaga,mu gihe abandi bari bafite ibyapa byanditseho ngo “Umugore, Ubuzima, Ubwigenge”.
Televiziyo ya Iran yahise ibikata, ihagarika kwerekana indirimbo y’igihugu irimo kuririmbwa, maze ihita yerekana amashusho (…)

Abakinnyi ba Irani banze kuririmba indirimbo y’igihugu cyabo mbere y’umukino wabahuje n’Ubwongereza mu gikombe cy’isi, mu rwego rwo kwifatanya n’abari mu myigaragambyo yamagana leta yabo.

Bamwe mu bafana bavugije induru abandi barazomera ubwo indirimbo y’igihugu cya Irani yacurangwaga,mu gihe abandi bari bafite ibyapa byanditseho ngo “Umugore, Ubuzima, Ubwigenge”.

Televiziyo ya Iran yahise ibikata, ihagarika kwerekana indirimbo y’igihugu irimo kuririmbwa, maze ihita yerekana amashusho arambuye y’ikibuga.

Mu mezi ashize, iyo myigaragambyo yagize imbaraga zikomeye biturutse ku rupfu rwa Mahsa Amini, umugore w’imyaka 22 wapfiriye mu kasho muri Nzeri,nyuma yo gufungwa na polisi ishinzwe imyifatire ashinjwa ko yishe amategeko akomeye ajyanye no kwitwikira igitambaro mu mutwe.

Abaharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko abari mu myigaragambyo barenga 400 bishwe abandi 16.000 barafungwa bazira kwitabira iyi myigaragambyo.

Abategetsi ba Iran bavuga ko iyi myigaragambyo itizwa umurindi n’abanzi b’igihugu bari mu mahanga.

Abafana ba Irani bumviswe kandi baririmba "Ali Karimi" mu gice cya mbere, bashaka kwibutsa uwahoze ari umukinnyi, akaba yari umwe mu bantu banengaga cyane ubutegetsi bwa ki-Islam, akongera kandi akaba n’umwe mu bantu bari bazwi cyane mu rugamba rwo kwamagana ubutegetsi.

Abafana kandi bumviswe baririmba "Be-Sharaf", bisobanura gusuzugura mu rurimi rw’igiperse. Iri ni ijambo abari mu myigaragambyo bakoresha mu guhangana n’abashinzwe umutekano muri Irani.

Abenshi mu barwanya ubutegetsi bwa ki-Islam baranegnga Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru kubera ko utashigikiye ku mugaragaro imyigaragambyo, no kwemera kubonana na Perezida Ebrahim Raisi mu cyumweru gishize.

Mu ijambo yavuze imbere y’umukino, kapiteni wa Irani Ehsan Hajsafi yavuze ko abakinnyi “bashyigikiye” abamaze gupfira muri iyo myigaragambyo.

Umutoza Carlos Queiroz wa Iran avuga ko abakinnyi be bari “bafite uburenganzira bwo kwigaragambya” ku byerekeye uburenganzira bw’abagore mu gihugu cyabo mu gihe cyose “bidaciye kubiri n’amabwirizwa ngenderwaho y’igikombe cy’isi yose kandi biri mu marangamutima y’umukino”.

Abakinyi ba Irani kandi bapfutse ikimenyetso cy’ikipe yabo ubwo bakinaga imikino ibiri ya gicuti muri Nzeri.

Irani yaraye itsinzwe n’Ubwongereza ibitego 6-2 mu mukino wabo wa mbere wo mu itsinda B mu gikombe cy’isi.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa