Hamenyekanye impamvu ikomeye yatumye amakipe yo mu Bwongereza yikura igitaraganya muri Super League
Yanditswe: Wednesday 21, Apr 2021
Nubwo byavugwaga ko amakipe 6 yo mu Bwongereza yikuye igitaraganya muri European Super League kubera igitutu cy’abafana,amakuru yemeza ko ahubwo yabyemeye kubera akayabo yahawe na UEFA kugira ngo abafashe kuziba icyuho cya Covid-19.
Nkuko ikinyamakuru Mundo Deportivo cyabitangaje,UEFA yabonye ishobora gutsindwa urugamba rwo guhangana n’amakipe 12 yari yinjiye muri Super League niko guhitamo kuyaha amafaranga ihereye kuri aya yo mu Bwongereza.
Manchester City, Tottenham, Liverpool, Manchester United, Arsenal na Chelsea zaraye zitangaje ko zikuye muri Super League kubera ko iri rushanwa ritishimiwe n’abafana nyuma y’uko ritangajwe ku cyumweru.
Ibigugu 12 byari byasinye muri Super League,byashakaga kwigwizaho abaterankunga hanyuma bigasarura akayabo k’amamiliyoni yo mu mupira nta kipe ntoya bisangiye nkuko byagendaga muri UEFA Champions League.
Iri rushanwa ryagombaga guca intege Champions League kuko ryari kuzajya ribera rimwe nayo ndetse amakipe yakomeza UCL ndetse agatuma ikundwa cyane yari yagiye muri Super League.
Mundo Deportivo yavuze ko nubwo amafaranga yahawe aya makipe yo mu Bwongereza atatangajwe,ariko ngo amakipe yo muri Espagne ariyo Real Madrid,Barça na Atlético de Madrid ntayo azahabwa kuko ngo ariyo yari imbere mu gushing Super League yarakaje cyane UEFA na FIFA n’abakunzi ba ruhago.
Iri rushanwa ryakomwe mu nkokora ritarakinwa ryari riyobowe na Florentino Perez wa Real Madrid ndetse we yashimangiye ko ryaje rigamije kurokora umupira w’amaguru cyane ko ngo hari imikino itari ifite icyo imaze.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *