skol

Hamenyekanye indi kipe yo mu Rwanda Youssef Rharb ashobora kwerekezamo

Yanditswe: Monday 13, Nov 2023

featured-image

Umunya Maroc wakiniraga ikipe ya Rayon Sports ashobora kwerekeza mu ikipe ya Gorilla FC nyuma y’uko atandukanye na Rayon Sports.

Amakuru akomeje kuvugwa aremeza ko uyu musore yifuza kuguma i Kigali agashaka ikipe yakinira kugeza Shampiyona y’uyu mwaka irangiye,ariyo mpamvu ari kuganira na Gorilla FC.

Ibiganiro biramutse bigenze neza Youssef Rharb yasinya muri Gorilla FC amasezerano y’amezi atandatu,ashobora gutangira gukurikizwa mu kwezi kwa mbere.

Hari amakuru yavuze ko uyu munya Maroc yasabye APR FC ko bagirana ibiganiro akayerekezamo bikarangira imubwiye ko itamukeneye.

Uyu musore w’imyaka 23, yakiniye Rayon Sports bwa mbere amezi atatu gusa ubwo yayerekezagamo muri Nzeri 2021 nk’intizanyo ya Raja Casablanca yo muri Maroc.

Yayisohotsemo muri Mutarama 2022 ayishinja kumufata nabi cyane ko icyo gihe yari ifite ubukungu butifashe neza kubera ingaruka zasizwe n’Icyorezo cya COVID-19.

Youssef Rharb yagarutse muri Gikundiro muri Nyakanga uyu mwaka afitiwe icyizere cyinshi n’abafana ba Rayon Sports gusa umusaruro bari bamwitezeho si wo yatanze.

Imvune n’urwego rwe rwari rwarasubiye inyuma byatumye atabona umwanya uhoraho muri iyi kipe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa