skol

Hamenyekanye umukinnyi Florentino Perez yabikiye nimero 7 yambarwaga na Cristiano Ronaldo

Yanditswe: Monday 09, Jul 2018

Ibinyamakuru byo muri Espagne birimo icyitwa Diario Gol, byatangaje ko perezida w’ikipe ya Real Madrid Florentino Perez yabikiye umupira wanditseho nimero 7 isanzwe yambarwa na Cristiano Ronaldo Umubiligi Eden Hazard ukinira Chelsea.

Mu gihe amakuru avuga ko Cristiano Ronaldo ashobora gusohoka muri Real madrid akerekeza muri Juventus akomeje gufata indi ntera,ibinyamakuru byo muri Espagne byatangaje ko iyi kipe yo muri Espagne iri kuvugana mu ibanga na Eden Hazard ndetse azahita ahabwa nimero 7 yambawe n’ibihangange muri Real Madrid birimo na Cristiano Ronaldo.

Hazard niwe uhabwa amahirwe yo gusimbura Ronaldo akambara nimero 7

Eden Hazard yifuza cyane mwerekeza mu ikipe ya Real Madrid kuko mu minsi ishize yaciye amarenga ko iramutse imushatse yaba yorosoye uwabyukaga kuko yakuze akunda iyi kipe y’igihangange.

Biravugwa ko Eden Hazard yanze akayabo k’ibihumbi 340 yahabwaga na Chelsea FC nk’umushahara we ku cyumweru kugira ngo yongere amasezerano.

Real Madrid yatangiye gutegura ubuzima idafite Cristiano Ronaldo ugiye kugurwa akayabo ka miliyoni 88 z’amapawundi na Juventus aho bivugwa ko ishaka Neymar na Hazard ngo baze kuziba icyuho cye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa