Hamenyekanye umutoza ukomeye ushobora gusimbura Froger muri APR FC
Yanditswe: Thursday 14, Mar 2024
Umufaransa Julien Chevalier ukomoka mu Bufaransa usanzwe ari umutoza wa ASEC Mimosas biravugwa ko ariwe ushobora kuza mu ikipe ya APR FC gusimbura Thierry Froger utarakunzwe n’abafana.
Uyu mugabo w’imyaka 43,afite igikombe giheruka cya shampiyona muri Cote d’Ivoire ndetse anagejeje ASEC muri 1/4 cya CAF Champions League uyu mwaka.
Uyu mutoza wabashije kurangiza ku mwanya wa mbere mu itsinda yari ahuriyemo na Simba SC na Wydad Casablanca,yagaragaje urwego ruhanitse muri uyu mwaka w’imikino bituma benshi bamwifuza.
Uyu yigeze kuba umutoza wungirije wa Togo ndetse yakuriye ishuri rya ruhago rya ASEC.Akunze gukina mu buryo bwa 4-4-2.
Uyu mutoza aramutse aje muri APR FC yaba asabwa kuyigeza mu matsinda ya CAF Champions League cyane ko aricyo kintu iyi kipe y’ingabo yifuza cyane.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *