skol

Hamenyekanye umutoza utari Zidane Manchester United yifuza gusimbuza Jose Mourinho

Yanditswe: Thursday 04, Oct 2018

Umuyobozi w’ikipe ya Manchester United,Ed Woodward yatangiye kurambagiza umutoza mushya usimbura Jose Mourinho,aho uri kuvugwa ari umunya Argentina Mauricio Pochettino utoza ikipe ya Tottenham.

Nubwo ibinyamakuru byinshi bimaze iminsi bivuga ko Zidane ariwe uzasimbura Jose Mourinho umaze iminsi atsindisha iyi kipe,hari amakuru avuga ko Ed Woodward yifuza ko umutoza wa Tottenham,Mauricio Pochettino ariwe yaha akazi cyane koari umwe mu batoza bari kuzamuka neza ndetse bakina umukino mwiza.

Umutoza Pochettino ari mu bahabwa amahirwe yo gusimbura Mourinho

Ed Woodward yifuje gusimbuza Van Gaal uyu Pochettino ntibyakunda gusa kuri ubu biravugwa ko bamwifuza ndetse bifuza gutangira kumuganiriza kugira ngo aze atabare iyi kipe igeze aharindimuka.

Manchester United irarushwa amanota 9 na Liverpool na Manchester City ziyoboye shampiyona,mu mikino 7 gusa imaze gukinwa muri Premier League uyu mwaka.

Ed Woodward yatinye kwirukana Jose Mourinho kubera akayabo ka miliyoni 30 z’amayero yamwishyura,gusa biravugwa ko ashobora kumwirukana mu gihe yaba ananiwe gutsinda New Castle ku wa Gatandatu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa