Harry Kane yaciye agahigo mu ikipe y’Igihugu ahita ahabwa igihembo
Yanditswe: Wednesday 11, Sep 2024
Kapiteni w’Ubwongereza Harry Kane yujuje imikino ijana mu ikipe y’Igihugu y’Ubwongereza ndetse yuzuza ibitego 68 ibintu bimugira umukinnyi umaze gutsindira ikipe y’Igihugu ibitego byinshi.
Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa kabiri tariki 10 Nzeri 2024 ubwo Abongereza bakinaga na Finilande bakayitsinda ibitego 2-0 byose bya Harry Kane.
Muri ibyo bitego 68 ,Kane afitemo hat-trike eshanu, harimo iyo yatsinze bakina na Panama mu gikombe cy’Isi cya 2018.
Indi yayibonye bakina na Bulugariya ndetse na Montenegro mu majonjora yo kwerekeza muri Euro 2020.
Mu gihe izindi ebyiri yazibonye mu gushaka itike yo kujya mu gikombe cy’Isi cya 2022, atsinze Alubaniya ibitego bine yongera gutsinda San Marino.
Kane amaze gutsinda ibitego bibiri mu mukino mu ikipe y’Igihugu inshuro 7,agahigo asangiye na Rooney na Sir Bobby Charlton.
Kuva Harry Kane yaba Kapiteni w’Abongereza nibwo ikipe yagiye igera kure hashoboka mu marushanwa yitabiriye kuva yatwara igikombe cy’Isi mu 1966.
Kane yatwaye igihembo cya Golden Boot mu gikombe cy’Isi cya 2018 aho ubwongereza bwagarukiye muri kimwe cya kabiri , busezerewe na Korowasiya.
Harry Kane usanzwe akinira ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage ni umukinnyi wa 10 ukinnye imikino 100 mu ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *