Ikipe ya West Ham yamaze gutangariza Manchester Utd ko ibyo kuba basinyisha myugariro Harry Maguire babivuyemo.
Ibi byabaye nyuma y’aho uyu myugariro watanzweho miliyoni 30 z’amapawundi yanze gusohoka asaba ko United ibanza kumwishyura miliyoni 15 z’amapawundi.
Ikipe ya West Ham yari yifuje kugura uyu myugariro ndetse amafaranga yatangaga yemerwa na United gusa uyu mukinnyi udakunzwe na gato yanga kuyivamo.
Uyu myugariro yagombaga kugabanya cyane umushahara kugira ngo yerekeze i London ariko we yarabyanze.
West Ham yavuye mu biganiro kuko Maguire yanze kwemera ko baganira ndetse ubu irajwe ishinga no gushaka umusimbura wa Paqueta ushobora kwerekeza muri Man City.
Amakuru avuga ko Harry Maguire ahembwa ibihumbi 190 by’amapawundi buri cyumweru mu gihe muri West Ham yari kujya ahembwa 120.000 ariyo mpamvu yabanje gusaba miliyoni 15 z’amapawundi ngo abone kugenda.United ngo yari yemeye kumwishyura miliyoni 6 z’amapawundi gusa.
Uyu mukinnyi asigaje imyaka 2 ku masezerano afitanye na United kandi afite agaciro ka miliyoni 19 z’amapawundi.
Maguire ngo ntiyishimiye uko umutoza Ten Hag amwima umwanya ariko ngo yiyemeje kuguma muri United akarwanira umwanya n’abahari.
Ibi bivuze ko Ten Hag wamwambuye igitambaro cy’ubukapiteni agomba gushaka uko amukoresha mu mikino.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *