Rutahizamu Kylian Mbappé na Ousmane Dembélé bashyizwe mu bakinnyi Paris Saint-Germain izakoresha kuri uyu wa Gatandatu,tariki 19 Kanama 2023, ihura na Toulouse muri Shampiyona.
Umutoza wa PSG, Luis Enrique,mu kiganiro n’abanyamakuru mbere y’umukino wa Toulouse-PSG yemeje ko rutahizamu Mbappe ahari kuri uwo mukino.
Yagize ati"Nabonye Mbappé atunganye, afite ubushake bwinshi, ari mu mwuka mwiza, ku mutoza kugira Kylian ni byose. Biranshimishije cyane".
Mbappé yongeye kuboneka muri PSG kandi bigaragara ko iyi kipe yo mu Bufaransa yateye intambwe ikomeye mu kumukoresha muri uyu mwaka w’imikino.
Mbappé ntiyakinnye umunota n’umwe mu myitozo yo kwitegura shampiyona gusa yakoranaga n’abandi bakinnyi batari bakenewe kuko ikipe yashakaga kumugurisha nawe ayibera ibamba.
Liverpool yatunguranye izana Umuyapani
Nyuma y’uko abakinnyi babiri bakomeye barimo Moises Caicedo na Romeo Lavia bayiteye umugongo, Liverpool yaguze umukinnyi wo hagati witwa Wataru Endo.
Uyu mukinnyi bivugwa ko aguzwe miliyoni 18 z’amayero avuye mu ikipe ya VFB Stuttgart.
Liverpool irashaka kandi Sofyan Amrabat wa Fiorentina kugira ngo ayifashe kuziba icyuho cyasizwe na Fabinho ndetse na Jordan Henderson.
Chelsea yerekanye Romeo Lavia
Kuri uyu wa Gatanu, Chelsea yatangaje ko yamaze gusinyisha umusore ukina mu kibuga hagati witwa Romeo Lavia ukomoka mu gihugu cy’u Bubirigi.
Lavia w’imyaka 19, yaciye mu makipe akomeye arimo Manchester City na Southampton avuyemo.
Muri iyi kipe ya Southampton, yayikiniye imikino 29, ayitsindira igitego kimwe.
Romeo Lavia wakiniye ikipe y’Ababiligi kuva mu bato ubu akaba asigaye anahamagarwa mu ikipe nkuru, yaje muri Chelsea aguzwe Miliyoni 58 Pounds.
Ni umusore kandi wifujwe n’ikipe ya Liverpool FC ariko we aza gutangaza ko yifuza gukinira Chelsea ari na yo yamwegukanye.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *