skol
fortebet

Igihe imikino ya UEFA Champions League izongera gusubukurirwa cyamaze kumenyekana

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Sunday 10, May 2020

Sponsored Ad

skol

Hari hashize igihe kinini benshi bibaza igihe imikino ya UEFA Champions League izasubukurirwa gusa amakuru yatangajwe na perezida wa Lyon, Jean-Michel Aulas,nuko iyi mikino izasubukurwa kuwa 07 Kanama 2019.

Jean-Michel Aulas yatangaje ko nubwo UEFA itarashyira hanze itangazo,ariko ikipe ye izi neza ko izakina na Juventus mu mukino wo kwishyura wa 1/16 cya Champions League kuwa 07 Kanama 2020,mu mukino uzakinwa nta bafana bahari.

Uyu mukino wo kwishyura wagombaga gukinwa muri Werurwe uyu mwaka,wahagaritswe kubera Coronavirus ariko mu mukino ubanza Lyon yari yatsinze Juventus igitego 1-0.

Jean-Michel Aulas yabwiye ikinyamakuru RTL ati “Umukino wacu na Juventus washyizwe kuwa 07 Kanama 2020.Uzabera I Turin imiryango ya stade ifunze.Igihe ikirego cyacu cyo gusubukura Ligue 1 mu mwaka wa 2019/2020,Lyon na Paris Saint-Germain zizicwa urubozo n’amakipe yakoze imyitozo.”

Ntabwo biramenyekana niba undi mukino wo kwishyura ugomba kubera umunsi umwe n’uyu wa Manchester City na Real Madrid uzasubukurwa cyane ko nta tangazo rirajya hanze.

Benshi bakomeje kwibaza ahazaza h’imikino ku mugabane w’I burayi yasubitswe kubera COVID-19 kuko mu Bwongereza barifuza gusubukura Premier League,Bundesliga iragaruka mu mpera z’icyumweru gitaha mu gihe Serie A,La Liga nabo batangiye imyitozo.

Ligue 1 yamaze gusubikwa ndetse byemezwa ko PSG ihabwa igikombe cya shampiyona hanyuma Toulouse na Amiens zimanuka mu cyiciro cya kabiri nubwo haburaga imikino 11 ngo iyi shampiyona irangire.

Lyon yahise itanga ikirego kubera iki cyemezo cya LFP cyo guhagarikira shampiyona aho igeze kubera iki cyorezo ahanini bitewe nuko yagize ibyago byo kubura umwanya mu mikino y’I Burayi cyane ko yari ku mwanya wa 6 muri shampiyona.

Perezida wa UEFA, Aleksandar Ceferin,yaherukaga gutangaza ko icyorezo cya Coronavirus nikigabanuka bazashyiraho amasaha n’igihe cy’imikino gishya aho binashoboka ko hazakinwa umukino umwe umwe muri buri kiciro aho gukina ubanza n’uwo kwishyura.

Mu kiganiro Aleksandar Ceferin yahaye TV yo mu Budage yitwa ZDF kuwa 04 Mata 2020,yagize ati “Champions na Europa League bigomba kurangira bitarenze tariki 3 Kanama 2020.Turi mu bihe bidasanzwe niyo mpamvu twiteguye guhindura amatariki n’amasaha.Icyorezo kirangiye vuba,twahita dutangira.

Hari amakuru avuga ko muri aya marushanwa yombi hatazongera gukinwa umukino ubanza nuwo kwishyura ahubwo ngo hazakinwa umukino umwe uzajya ubera ku kibuga cyihariye ibintu Aleksandar Ceferin yavuze ko nabyo bishoboka.

Yagize ati “Dushobora gukomeza gukina mu buryo bari busanzwe,cyangwa se hagakinwa umukino umwe ubera ku kibuga cyihariye[kidakinirwaho n’imwe mu makipe yahuye].Ibyo birashoboka muri ¼ na ½ cy’irangiza.

Umwanzuro mubi twafata nuwo gukina mu buryo bwatuma dushyira ubuzima bw’abakinnyi,abafana n’abasifuzi mu kaga.Igihe tuzaba dufite umutekano nta kibazo cyatuma tudakina.”

Coronavirus yateye amakipe amwe yamaze kugera muri ¼ arimo :

RB Leipzig
Atalanta
Paris Saint-Germain
Atletico Madrid

UEFA Champions League izasubukurwa andi makipe ashaka itike ya ¼ arimo:

Juventus (0) vs (1) Lyon
Man City (2) vs (1) Real Madrid
Barcelona (1) vs (1) Napoli
Bayern Munich (3) vs (0) Chelsea

Amakuru aravuga ko iyi mikino ishobora kuzasubukurwa ikinwa nta bafana kuko ngo nta cyizere ko abantu bazemera kujya mu bihugu byazahajwe na Coronavirus nk’Ubutaliyani na Espagne.

Kuwa 13 Werurwe 2020 nibwo byemejwe ko amarushanwa arimo Premier League,UEFA Champions League na Europa League yahagaritswe kubera COVID-19 yari imereye nabi abakinnyi,abatoza n’abafana.

Perezida wa Lyon,Jean-Michel Aulas,yavuze ko umukino wabo na Juventus uzaba kuwa 07 Kanama

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa