skol
fortebet

Ikipe izahura na APR FC yayorohereje akazi mu buryo butangaje

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Thursday 03, Aug 2023

Ikipe izahura na APR FC yayorohereje akazi mu buryo butangaje

Sponsored Ad

skol

Ikipe ya Gaadiidka FC yo muri Somalia yandikiye FERWAFA iyisaba Kwakirira APR Fc i Kigali mu mukino w’ijonjora ryibanze ryo gushaka itike yo kwerekeza mu matsinda ya CAF Champions League.

Perezida wa Gaadiidka FC, Bile Moha’ud Jimale, yemereye IGIHE dukesha iyi nkuru ko basabye kuzakirira APR FC i Kigali.

Yagize ati "Yego tuzakinira aho [i Kigali],umukino ubanza n’uwo kwishyura Imana nibishaka.Federasiyo yacu yarabisabye kandi yaremerewe.

Amakuru aravuga ko FERWAFA nayo itegereje igisubizo cya CAF cyemeza iyi gahunda.

APR FC, yegukanye Shampiyona y’u Rwanda ya 2022/2023, yatomboye Gaadiidka FC yabaye iya mbere muri Somalia.

Izarokoka hagati y’aya makipe yombi izahura na Pyramids FC yo mu Misiri, iri mu makipe 10 ahagaze neza ndetse yakuriweho gukina ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League 2023/24.

Gaadiidka FC ni ikipe ibarizwa mu Mujyi wa Mogadishu muri Somalia. Ikinira kuri Banadir Stadium, ifite ubushobozi bwo kwakira abafana 30.000.

Mu mateka yayo yegukanye ibikombe bibiri bya Shampiyona ya Somalia mu 1990 n’iyi iheruka mu 2022.

APR FC ni yo izatangira yakira umukino ubanza uteganyijwe hagati ya tariki 18 na 20 Kanama, mu gihe uwo kwishyura uzakinwa hagati ya tariki 25 na 27 Kanama 2023.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa