Ikipe y’umupira w’amaguru yatezwe n’abagizi ba nabi barasa ku bakinnyi
Yanditswe: Friday 08, Dec 2023
Umwana utoragura imipira yajyanywe mu bitaro nyuma y’uko ikipe y’umupira w’amaguru yatezwe n’abagizi ba nabi barasa imodoka y’abakinnyi bagiye ku mukino.
Ikipe ya Sunshine Stars yo muri Nigeria yari mu rugendo yerekeza mu mukino wa Premier League yagombaga gukina na Insurance ya Benin ubwo bisi yabo yagabwagaho igitero.
Abakinnyi benshi n’umuyobozi Seun Betiku bakomeretse bikabije mu gihe uwo mwana utoragura imipira yajyanwe mu bitaro nyuma yo kuraswa.
Itangazo Sunshine Stars yashyize hanze rigira riti: "Bibabaje umutima wacu kumenyesha Abanyanijeriya, cyane cyane abakunda umupira w’amaguru ko ikipe yacu yagabweho igitero mu minota mike ishize kuri Ore-Benin Expressway tugiye gukina umukino wa shampiyona na Insurance ya Benin,uteganijwe mu mpera z’iki cyumweru.
Utoragura imipira wacu yarashwe muri icyo gitero giteye ubwoba, Umuyobozi ushinzwe ubuzima bw’ikipe yacu ndetse n’abandi bayobozi b’ikipe harimo abakinnyi bakomeretse bikabije.
Byasabye ubutabazi bw’abapolisi b’ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda kugira ngo bafashe abayobozi bakomeretse ndetse n’umuntu warashwe kugera mu bitaro byegereye aho. Turizera ko mufatanya natwe mu masengesho."
Amadirishya ya bisi yamenaguwe n’amasasu byatumye abafana bifuriza abarashwe gukira vuba.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *