Amakuru agera ku Umuryango ni uko ikipe ya Kirehe FC ifite ibibazo bikomeye by’amikoro aho benshi mu bakinnyi bayo batarahabwa amafaranga yo kubagura (Recrutements) ndetse no kuba iyi kipe idashobora guha ibyangombwa abakinnyi bakeneye.
Iyi kipe itozwa n’umutoza Nduhirabandi Abdul Karim uzwi nka Coka,imaze gutsindwa imikino 2 imaze gukinwa muri shampiyona aho ku munsi wa mbere yatsinzwe na Mukura VS igitego 1-0 ndetse itsindwa na Amagaju ibitego 2-0.
Amwe mu makuru ari kuvugwa ni (…)
Amakuru agera ku Umuryango ni uko ikipe ya Kirehe FC ifite ibibazo bikomeye by’amikoro aho benshi mu bakinnyi bayo batarahabwa amafaranga yo kubagura (Recrutements) ndetse no kuba iyi kipe idashobora guha ibyangombwa abakinnyi bakeneye.
Iyi kipe itozwa n’umutoza Nduhirabandi Abdul Karim uzwi nka Coka,imaze gutsindwa imikino 2 imaze gukinwa muri shampiyona aho ku munsi wa mbere yatsinzwe na Mukura VS igitego 1-0 ndetse itsindwa na Amagaju ibitego 2-0.
Amwe mu makuru ari kuvugwa ni uko iyi kipe yari igiye gusiba umukino wa Amagaju kubera kubura imodoka gusa biza kurangira ibonye inguzanyo y’amafaranga byatumye ibasha kwitabira uyu mukino nubwo itabashije kuwitwaramo neza.
Ikindi kiri kuvugwa ni uko ubuyobozi bw’iyi kipe bwayitereranye ndetse butajya buherekeza iyi kipe iyo igiye gukina aho benshi mu bakunzi bayo bakomeje kwibaza ahazaza hayo cyane ko bivugwa ko hatagize igikorwa iyi kipe ishobora kuzasiba imikino.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *