Indege yari itwaye umuherwe waguze ikipe ya Leicester City FC yahiriye hafi ya stade
Yanditswe: Sunday 28, Oct 2018
Indege y’umunya Thailand, Vichai Srivaddhanaprabha waguze ikipe ya Leicester City muri 2011, yaraye ikoze impanuka ubwo yahagurukaga ku kibuga King Power cy’iyi kipe ikagira ikibazo cya moteri igeze inyuma gato y’iyi stade, byayiviriyemo gushya.
Nyuma y’umukino Leicester City yanganyijemo na Westham igitego 1-1,uyu muherwe Vichai Srivaddhanaprabha yuriye iyi kajugujugu,ikunze guparikwa mu kibuga rwagati iyo umukino wa Leicester urangiye ije kumufata, igeze hejuru ya parking yo kuri iyi stade ihita ishya bitewe n’ ikibazo cya moteri yari ifite.
Ntibiramenyekana niba uyu muherwe ubuzima bwe bumeze neza kuko aba Ambulance ndetse na polisi batigeze batanga amakuru kuri iyi mpanuka.
Iyi ndege yakoze impanuka saa mbili n’igice nyuma y’uyu mukino wasoje iyakinwe ku munsi w’ejo Taliki ya 27 Ukwakira 2018.
Abatangabuhamya bavuze ko babonye umunyezamu wa Leicester City,Kasper Schmeichel yiruka ava muri stade ajya kureba iyi ndege aho yaguye ari kurira, gusa bemeje ko moteri y’iyi ndege yahagaze gukora ubwo yari imaze guhaguruka.
Ntabwo haramenyekana umubare w’abantu bari muri iyi kajugujugu gusa bizwi ko uyu muherwe Vichai Srivaddhanaprabha yari ayirimo.
Iyi ndege yakoze iyi mpanuka nyuma y’isaha umukino wa Leiceseter City na Westham urangiye ndetse benshi mu bafana bari batashye, ariyo mpamvu muri parking ya stade hashobora kuba harimo imodoka nke.
Uyu muherwe Vichai Srivaddhanaprabha yafashije Leiceseter City kwegukana igikombe cya shampiyona mu mwaka wa 2016,itunguranye.








Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *