skol

"Iyi ni intsinzi iryoshye cyane"-Haringingo Francis avuga ku gutsinda APR FC

Yanditswe: Monday 13, Feb 2023

featured-image

Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis,yavuze ko gutsinda APR FC ari ibyishimo bikomeye ndetse iyi ari intsinzi iryoshye cyane bakuye ku ikipe yari imaze imyaka 4 itaborohera.
Uyu mutoza wagarutse mu bihe byiza nyuma yo kongera kubona abakinnyi be bamaze igihe mu mvune,yavuze ko abakunzi ba Rayon Sports bari bakumbuye iyi ntsinzi.
Ati "N’umukino navuga ko twakiriye neza kuko twabashije kubona intsinzi,ni intsinzi iryoshye cyane kuko urebye ni umukino twari dufite igitutu kuko APR FC (…)

Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis,yavuze ko gutsinda APR FC ari ibyishimo bikomeye ndetse iyi ari intsinzi iryoshye cyane bakuye ku ikipe yari imaze imyaka 4 itaborohera.

Uyu mutoza wagarutse mu bihe byiza nyuma yo kongera kubona abakinnyi be bamaze igihe mu mvune,yavuze ko abakunzi ba Rayon Sports bari bakumbuye iyi ntsinzi.

Ati "N’umukino navuga ko twakiriye neza kuko twabashije kubona intsinzi,ni intsinzi iryoshye cyane kuko urebye ni umukino twari dufite igitutu kuko APR FC yaturushaga amanota 4 mbere.

Igituma mvuga ngo ndaryohewe cyane n’uko dukuyemo amanota 3 kandi ni menshi ku ikipe y’umukeba muri kurwanira igikombe.

Ubu dusigajemo inota rimwe navuga y’uko ubu tugarutse mu guhatanira igikombe neza kuko urebye twari ku gitutu bitewe n’umusaruro wabaye ku munsi w’ejo.

N’umukino dutsinze ariko tunagarukanye icyizere kuko urebye hari haciye igihe kinini Rayon Sports idatsinda ikipe ya APR FC."

Umutoza wa Rayon Sports yavuze ko gutsinda APR FC bidakuyeho igitutu kuri we kuko intego ikipe ifite ari ugutwara shampiyona.Ati "Navuga n’umukino utanze icyizere ariko wanasiga isomo kuko ushobora gutsindwa uyu munsi,ejo ukayabona ahandi.Shampiyona ni Marathon ubu dusigaje imikino irenga 10 kandi dushobora kugenda imbere cyangwa bakaducaho,igitutu ndakimenyereye.Iyo umuntu ari ku gitutu nibwo akora neza."

APR FC yari yakiriye Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona ya 2022-23,wabereye kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye kuri iki Cyumweru tariki ya 12 Gashyantare 2023.

Ni umukino APR FC yagiye gukina iri hejuru kuko mu mikino 7 yaheruka guhuza aya makipe yombiyaratsinzemo 5 banganya 2.

Rayon Sports yaherukaga gutsinda APR FC tariki ya 20 Mata 2019 muri shampiyona ya 2018-19 ari na bwo iheruka kwegukana igikombe cya shampiyona.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa