Jack Grealish wa Manchester City yagaragaye yasinziririye mu kabari - AMAFOTO
Yanditswe: Monday 27, Apr 2026
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza ukinira Everton ku ntizanyo ya Manchester City, Jack Grealish yagaragaye yasinziririye mu kabari.
Uyu mukinnyi ukina anyura ku ruhande rw’ibumoso asatira cyangwa mu kibuga hagati amaze iminsi yaragize ikibazo cy’imvune. Aheruka mu kibuga ubwo Everton yakinaga na Aston Villa tariki ya 18 Mutarama 2026.
Nyuma yaho yahise atangira urugendo rwo gukira imvune kugira ngo yitegure umwaka w’imikino wa 2026/2027 dore ko atazanaba ari kumwe n’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza mu mikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026 kuko azaba atarakira neza.
Nubwo bimeze gutyo ariko Jack Grealish uzwiho kunywa inzoga nyinshi, yagaragaye yasinziririye mu kabari kari i Manchester mu Bwongereza imbere ye hari amacupa y’inzoga nyuma yo gusangira n’inshuti ze.
Uyu mukinnyi kuri ubu ukinira Everton ku ntizanyo ya Manchester City bivugwa ko yari yageze muri ako kabari Saa Kumi n’igice z’umugoroba gusa ngo nyuma y’isaha imwe yahise atangira gusinzira.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *