John Obi Mikel yahishuye ibyo Mourinho yakoreye Salah bigatuma amutinya cyane
Yanditswe: Thursday 27, Oct 2022
Uwahoze akina hagati mu kibuga John Obi Mikel wahoze ari kapiteni wa Super Eagles, yatangaje uburyo yatinyaga umutoza Jose Mourinho mu gihe yari muri Chelsea.
Mikel wasezeye mu mupira w’amaguru afite imyaka 35 muri Nzeri,yatwaye ibikombe byinshi mu myaka 11 yamaze kuri Stamford Bridge nyuma yo gusinyishwa n’umunya Portugal, Mourinho mu 2006.
Uyu munya Nigeria uri mu bakinnyi bahesheje byinshi ikipe ya Chelsea, yavuze ko uburyo Mourinho yakoreshaga ageza ubutumwa ku bakinnyi mu rwambariro (…)
Uwahoze akina hagati mu kibuga John Obi Mikel wahoze ari kapiteni wa Super Eagles, yatangaje uburyo yatinyaga umutoza Jose Mourinho mu gihe yari muri Chelsea.
Mikel wasezeye mu mupira w’amaguru afite imyaka 35 muri Nzeri,yatwaye ibikombe byinshi mu myaka 11 yamaze kuri Stamford Bridge nyuma yo gusinyishwa n’umunya Portugal, Mourinho mu 2006.
Uyu munya Nigeria uri mu bakinnyi bahesheje byinshi ikipe ya Chelsea, yavuze ko uburyo Mourinho yakoreshaga ageza ubutumwa ku bakinnyi mu rwambariro byamuteraga ubwoba.
Uyu mugabo wanakiniye andi makipe arimo Tianjin TEDA na Trabzonspor yavuze ko uyu Mourinho agira igitsure gitera abakinnyi ubwoba.
Mikel yavuze uko Mourinho yahemukiye Mohamed Salah mu gice cya kabiri, ubwo uyu munyamisiri yari yitwaye nabi mu mukino.
Mikel yabwiye Mail Sports ati: "Natinyaga Jose Mourinho.
Rwose naramutinyaga.Uyu mugabo,ibintu yakoreraga abakinnyi n’uburyo yatambutsaga ubutumwa bwe, agerageza kuvana ibyiza mu bakinnyi.
Ndibuka ibyo Jose Mourinho yakoreye Mohamed Salah,uyu musore yarimo kurira mu rwambariro mu kiruhuko. Ntekereza ko yari yagize umukino mubi. Hanyuma Mourinho yarinjiye aramwibasira cyane.
Salah yarimo kurira. Noneho byagenze bite? Mourinho ntiyamuretse ngo asubire mu kibuga mu gice cya kabiri. Yahise amukuramo amaze kumwibasira."
Yongeyeho ko umukinnyi w’Umubiligi, Eden Hazard, yari umwe mu bakinnyi b’abanebwe yakinanye nabo muri Chelsea ariko yagera mu kibuga akaba mubi cyane.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *