Misiri yaraye isezerewe na Argentina muri 1/8 cy’igikombe cy’isi mu mukino utavuzweho rumwe na benshi aho abantu bakomeje kwemeza ko Misiri yibwe ku mugaragaro.
Umwe mu bakomeje kuvugwa cyane ni Umutoza Jose Mourinho wemeje ko uyu mukino ari ubujura bwakozwe ku manywa y’ihangu.
Yagize ati: "Ubu ni ubujura bukozwe amanywa ava. Ibiri kubera mu mupira w’amaguru biteye isoni. Ni gute ureka umukino ugakomeza, ukemera ko igitego kijyamo, hanyuma ugafata umwanzuro wo gusubira inyuma kugirango ucyange? Niba habaye ikosa, hagarika umukino. Witegereza nyuma yo gutsinda igitego.
Reka mbaze ikindi kibazo - Kuki igitego cya mbere cya Argentine byagaragaraga ko hashobora kuba habayeho kurarira bitigeze birebwaho mu buryo bumwe n’uko harebwe ikosa ryakorewe Argentine? Kuki buri kosa ryakorerwaga Argentine ryarebwagaho cyane nyamara akorerwa Misiri ntiyitabweho?
VAR yakabaye izana ubworoherane aho guteza urujiro mu kibuga. Uyu munsi biragaragara ko imyanzuro yose ikomeye yageragezaga guha amahirwe Argentine."
Ibi kandi byagarutsweho n’umutoza wa Misiri wemeje ko nta buryo na bumwe Misiri yari ifite bwo gutsinda Argentine mu gihe imisifurire yari ibogamiye kuri iyi kipe. Uyu mutoza yavuze ko atumva ukuntu FIFA ihamagara amakipe kuza gukina mu gihe iba izi ko Argentine igomba gutsinda ku kabi n’akeza.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *