Jose Mourinho yongeye kwibasira abakinnyi ba Manchester United
Yanditswe: Friday 11, May 2018
Umutoza w’ikipe ya Manchester United yongeye kuvuga amagambo mabi ku bakinnyi ba Manchester United,ubwo yavugaga ko hari abakinnyi ifite batari ku rwego rwayo ndetse bagomba gusohoka hakinjira abandi muri iyi mpeshyi.
Uyu mutoza unengwa na benshi kubera amagambo atangaza mu bitangazamakuru,yavuze ko hari abakinnyi be batari ku rwego rwo gukinira ku kibuga Old Trafford gusa yirinda kugira uwo atunga urutoki.
Anthony Martial ntiyahiriwe muri Manchester United
Yagize ati “Amanota turushwa na Manchester City si 2 cyangwa 3,ni menshi.Dukeneye abakinnyi bahozaho ndetse bafite ubuhanga burenze.Hari abakinnyi mfite nizeye ko bazitwara neza,hari abagerageza gusa hari abandi nzi neza ko batadufasha.”
Benshi bahise bavuga ko abakinnyi yavuze barimo Anthony Martial na Luke Shaw ndetse bivugwa ko muri iyi mpeshyi bagomba gusohoka muri Manchester United.
Biravugwa ko ikipe ya Manchester United izasohora amafaranga menshi mu isoko ry’igura n’igurishwa ry’abakinnyi kugira ngo izahangane na mukeba wayo Manchester City.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *