Juventus yongeye gusezererwa rugikubita mu mikino ya UEFA Champions League
Yanditswe: Wednesday 10, Mar 2021
Nkuko byagenze mu mwaka w’imikino ushize,Juventus yongeye gusezererwa mu mikino ya UEFA Champions League itarenze 1/16 kuko yakuwemo na FC Porto ku kinyuranyo cy’ibitego byo hanze cyane ko amakipe yanganyije ibitego 4-4 mu mikino yombi.
Juventus yari yatsinzwe ibitego 2-1 mu mukino ubanza,yabyishyuye mu mukino wo kwishyura ariko ntiyabasha kwihagararaho mu minota 30 y’inyongera aho yaje kwinjizwa igitego cyayikuye mu irushanwa.
Juventus yasubiye inyuma cyane,yatangiye umukino iri ku rwego rwo hasi biyiviramo kwinjizwa igitego ku munota wa 19 gitsinzwe na Sergio Oliveira kuri penaliti nyuma y’aho myugariro Demiral wa Juventus yakandagiraga mu rubuga rw’amahina rutahizamu wa Porto witwa Taremi.
Juventus ntiyigeze ibasha kwishyura iki gitego byatumye igice cya mbere kirangira Porto iyoboye n’igitego 1-0.
Igice cya kabiri cyatangiye neza ku ruhande rwa Juventus kuko yabonye igitego cya mbere ku munota wa 48 ibifashijwemo na Federico Chiesa ku mupira yahawe na Cristiano Ronaldo.
Ntibyatinze ku munota wa 53,ikipe ya Juventus yabonye amahirwe yari kuyifasha gutsinda uyu mukino ubwo Mehdi Taremi yahabwaga ikarita ya kabiri yabyaye umutuku bituma FC Porto isigara ari abakinnyi 10.
Juventus yabonye igitego cya kabiri ku munota wa 63 cyatsinzwe na Chiesa nanone n’umutwe ku mupira yahawe na Cuadrado.Iminota 90 yarangiye ari ibitego 2-1 bituma amakipe yerekeza mu minota 30 y’inyongera cyane ko na Porto yari yatsindiye iwayo 2-1.
Iyi minota y’inyongera yabaye mibi cyane kuri Juventus kuko ku munota wa 115 w’umukino FC Porto yabonye coup franc nziza,yatewe neza na Sergio Oliveira,abakinnyi ba Juventus bava ku rukuta umupira uca hasi umunyezamu Szczesny ntiyabasha kuwukuramo.
Ibi byatumye Juventus ihita isabwa ibitego 2 kugira ngo ikomeze ariko yahise ibona kimwe ku munota wa 117 ibifashijwemo na Rabiot ariko nticyagize icyo kiyimarira kuko yasezerewe.
Umukino warangiye ari ibitego 3-2 bya Juventus nyuma y’iminota 120,ariko ushyizeho 2-1 FC Porto yatsinze mu mukino ubanza bituma amakipe yombi anganya 4-4.
Mu mwaka ushize nabwo,Juventus yasezerewe na Lyon ku gitego cyo hanze kuko mu mukino ubanza yatsinzwe 1-0 hanyuma ku kibuga cyayo itsinda 2-1 ihita ivamo.
Mu wundi mukino wabaye, Borussia Dormund yanganyije ibitego 2-2 na Sevilla ariko mu mukino ubanza BVB yari yayitsindiye mu rugo ibitego 3-2 bituma ikomeza muri 1/4 ku bitego 5-4 mu mikino yombi.
Borussia Dormund yatsindiwe ibi bitego na Erling Haaland mu gihe ibya Sevilla byombi byatsinzwe na Youssef En-Nesyri.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *