skol

Karim Benzema yarakariye umutoza Deschamps kubera ibyo yamukoreye

Yanditswe: Saturday 17, Dec 2022

featured-image

Rutahizamu Karim Benzema yarakariye cyane umutoza w’ikipe y’igihugu y’Ubufaransa,Didier Deschamps,kubera ko yamukuye mu ikipe y’igihugu kubera imvune kandi yari kwitabwaho n’abaganga kuko bitari bikanganye.
Biravugwa ko uyu rutahizamu yanze amahirwe yo kugaruka mu ikipe y’igihugu ngo azakine umukino wa nyuma ku cyumweru.
Uyu rutahizamu wa Real Madrid yari yahamagawe mu ikipe y’igihugu mu bakinnyi 26 ndetse yerekeza muri Qatar gusa ntiyahiriwe n’imyitozo ya mbere yahakoreye.
Yasabwe (…)

Rutahizamu Karim Benzema yarakariye cyane umutoza w’ikipe y’igihugu y’Ubufaransa,Didier Deschamps,kubera ko yamukuye mu ikipe y’igihugu kubera imvune kandi yari kwitabwaho n’abaganga kuko bitari bikanganye.

Biravugwa ko uyu rutahizamu yanze amahirwe yo kugaruka mu ikipe y’igihugu ngo azakine umukino wa nyuma ku cyumweru.

Uyu rutahizamu wa Real Madrid yari yahamagawe mu ikipe y’igihugu mu bakinnyi 26 ndetse yerekeza muri Qatar gusa ntiyahiriwe n’imyitozo ya mbere yahakoreye.

Yasabwe n’umutoza kujya mu rugo akivunikira mu myitozo aho kugira ngo bamurwaze azakine imikino yo gukuranamo.

Ubufaransa bwasimbuje abandi bakinnyi bavunitse nka Christopher Nkunku wasimbuwe na Randal Kolo Muani,ariko ntiyasimbuje Benzema,bivuga ko yemerewe gukina.

Amakuru avuga ko iyo Benzema aguma mu ikipe nibura aba yarakinnye imikino yo guhera muri 1/16 gusa kuba yarakuwe mu ikipe byaramubabaje cyane.

Uyu mukinnyi yarakize neza ariko ntashaka kumva iby’ikipe y’igihugu mu matwi ye kubera umutoza.

Umutoza Didier Deschamps yabajijwe nyuma y’umukino wa Morocco niba Benzema azagaruka muri Qatar gukina umukino wa nyuma.

Deschamps yikije umutima hanyuma asubiza ko nta gisubizo afitiye icyo kibazo.

Birasa nkaho Benzema adashaka kugaruka nkuko yabiciyemo amarenga mu butumwa yanyujije kuri Twitter.

Benzema w’imyaka 34 abinyujije kuri Instagram,yanditse ati "Ntabwo binshishikaje."

Ubufaransa burashaka gutwara igikombe cy’isi ku nshuro ya kabiri bwikurikiranya gusa bufata intambara ikomeye yo guhangana na Argentina nayo ishaka gufasha umunyabigwi wayo Lionel Messi kugitwara bwa mbere.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa