Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika,CAF yahisemo Kenya ko yakira imikino ihuza ibihugu by’Afurika mu bakinnyi bakina imbere,CHAN 2024 izaba muri Nzeri.
Ibi byatangajwe ku mugaragaro mu nama y’abaminisitiri bo muri Kenya.
Guhabwa kwakira iyi CHAN ya 2024 bivuze ko Afurika y’Iburasirazuba izagira ibihugu 3 muri iyi mikino.
Amavubi ashyizemo ingufu yaba ari i Nairobi muri Nzeri umwaka utaha.
Muri Nzeri 2017,Kenya yambuwe uburenganzira bwo kuzakira igikombe cya Afurika cy’amakipe y’ibihugu ku bakinnyi bakina imbere muri Shampiyona,CHAN 2018 ihabwa Maroc..
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika ryagaragaje impungenge z’umutekano muri Kenya nyuma y’aho Urukiko rw’Ikirenga rwari rwasheshe ibyavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika yabaye ku wa 08 Kanama 2017.
Izindi mpungenge zari zishingiye ku kuba imirimo yo gusana Stade zagombaga kwakira iki gikombe yaragendaga buhoro cyane.
Kenya yahawe kwakira CHAN 2024 mbere yo kuzafatanya na Uganda & Tanzania kwakira CAN 2027.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *