Kevin de Bruyne yahishuye umukinnyi yakwifuza gukinana nawe hagati ya Messi na Ronaldo
Yanditswe: Tuesday 12, Dec 2023
Kevin De Bruyne yatanze igisubizo gitangaje abajijwe uwo yahitamo gukinana nawe hagati ya Cristiano Ronaldo na Lionel Messi.
De Bruyne ni umwe mu bakinnyi bakomeye bo mu kiragano cye kandi uyu mukinnyi wo hagati wa Manchester City yatanze ibisobanuro byumvikana ku mpamvu yahitamo gukinana na Ronaldo kurusha Messi.
Uyu mukinnyi ukomoka mu Bubiligi yahanganye n’aba bakinnyi bombi ku rwego rw’amakipe ndetse no ku rwego mpuzamahanga ndetse yavuze ko yahitamo gukinana n’uyu wahoze akinira Manchester United kuko ari ’rutahizamu wuzuye’.
De Bruyne yagize ati: "Navuga Ronaldo kuko ni rutahizamu wuzuye."
"Messi n’umukinnyi urema ibitego.
"Nyobora umukino, ugomba kumpa rutahizamu."
De Bruyne n’umwe mu bakinnyi bazwiho gufasha ba rutahizamu kuko ubu shize yafashije cyane Erling Haaland, gutsinda ibitego 52 mu mwaka we wa mbere muri Manchester City.
Messi na Ronaldo bayoboye umupira w’amaguru mu myaka irenga 15, bombi batsinze ibitego byinshi bitangaje kandi batwara ibikombe 79 bombi na Ballon d’Or 12 hagati yabo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *