Ikipe ya APR FC yatangaje ko yasinyishije Mamadou Traoré ukina hagati mu kibuga, wari Kapiteni w’Ikipe ya Stade Malien iri mu zikomeye muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Mali.
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 3 Nyakanga 2026, ni bwo Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yagaragaje ko ikomeje kwiyubaka itegura umwaka utaha w’imikino wa 2026/27.
Mu bakinnyi bashya yakiriye harimo Umunya-Mali w’imyaka 27, akaba akina mu kibuga hagati ku mwanya ufasha ba rutahizamu, wari usanzwe ukinaho Dauda Yussif Seidu, Memel Dao, Niyobizi Ramadhan na Ruboneka Jean Bosco wasoje amasezerano.
Mamadou Traoré yumvikanye na APR FC kuzayikinira mu myaka ibiri iri imbere, guhera mu mwaka w’imikino wa 2026/27.
Muri uyu mwaka w’imikino, Mamadou Traoré yafashije Stade Malien kugera muri ¼ cya CAF Champions League, ariko basezererwa na Mamelodi Sundowns yegukanye irushanwa.
Muri iri rushanwa, yakinnyemo imikino 11, atsinda igitego kimwe anatanga indi mipira itatu yavuyemo ibitego kuri bagenzi be.
Traoré yakiniye amakipe arimo JS Kabylie yo muri Algérie, aho yayivuyemo mu 2024 asubira muri Mali.
Yabaye umukinnyi wa gatandatu mushya utangajwe na APR FC, nyuma Amani Kouadio Kan Michel Breygeneve, Ernan Siluane, Ishimwe Christian, Uwiyaremye Fidali na Rubuguza Jean Pierre.
Undi mukinnyi ushobora kujya muri APR FC, ni myugariro Madou Zon ukomoka muri Burkina Faso, wakiniraga wo muri TP Mazembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yegukanye BK Pro League n’Igikombe cy’Amahoro mu mwaka ushize wa 2025/26, iritegura amarushanwa mpuzamahanga arimo CECAFA Kagame Cup rizabera mu Rwanda, ndetse na CAF Champions League.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *