Nyuma yo gukurirwaho ibihano n’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), Kiyovu Sports yasinyishije Umurundi Amissi Cédric ku masezerano y’umwaka.
Urucaca kandi rwamaze kwakira uruhushya rurwemerera kwandikisha uyu mukinnyi (International Transfer Certificate), avuye muri Al-Qadsiah FC yo muri Arabie Saoudité aheruka gukinira mu myaka ibiri ishize.
Mu mwaka ushize w’imikino kandi uyu mukinyi yasinyiye iyi kipe amasezerano y’umwaka ariko ntiyayikinira kubera ibihano yarimo.
Mu kwezi gushize, Amissi yagaragaye mu myitozo ya Rayon Sports yagiriyemo ibihe byiza mu myaka 12 ishize.
Umuvugizi wa Kiyovu Sports, Minani Hemed yabwiye IGIHE ko iki ari ikimenyetso cy’uko iyi kipe yamaze kwishyura amafaranga yose yasabwaga kugira ngo ikomorerwe kugura abakinnyi bashya.
Iyi kipe kandi ikomeje kurambagiza abandi bakinnyi yitegura umwaka mushya w’imikino, igeze kure ibiganiro na myugariro Ishimwe Jean Rene ukinira Marine FC.
Amissi Cédric yasinyiye Kiyovu Sports amasezerano y’umwaka
Mu kwezi gushize, Amissi Cédric yagaragaye mu myitozo ya Rayon Sports
Ishimwe Jean Rene ageze kure ibiganiro na Kiyovu Sports

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *