Kylian Mbappe ateye impungenge abakunzi ba UEFA Champions League kubera ibimuvugwaho
Yanditswe: Tuesday 04, May 2021
Rutahizamu Kylian Mbappe aherutse kugira imvune ku mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League batsinzwemo na Manchester City ibitego 2-1 ku kibuga Parc des Princes ariyo mpamvu benshi mu bakunzi ba PSG n’ab’iri rushanwa bahangayitse.
Ku munsi w’ejo nibwo ikipe ya PSG yageze I Manchester iri kumwe na Mbappe gusa uyu musore w’umuhanga w’imyaka 22 ashobora kutagaragara nkuko byagenze mu mpera z’icyumweru gishize muri Ligue 1.
Kylian Mbappe yagaragaye ku kibuga cy’indege cya Le Bourget ariko abanyamakuru baravuga ko yagaragaye nk’uwavunitse nubwo yari kumwe na bagenzi be.
PSG irasabwa kwitanga birenze 100% kuko yatsindiwe mu rugo ibitego 2-1 na City gusa iyi kipe mu mikino iheruka yagiye yitwaye neza hanze kurusha mu rugo.
Mu mpera z’iki cyumweru, PSG yatsinze ibitego 2-1 na RC Lens ndetse amakuru aravuga ko kuva kuwa 3 w’icyumweru ataritoza neza.
Pochettino w’imyaka 49 abajijwe kuri Mbappe yagize ati “Mfite icyizere.Turatekereza ko araba ari hariya.Turaza gufata umwanzuro mbere y’umukino ariko mfite icyizere.
Pep Guardiola we yemeje ko uyu mukinnyi ari muzima ndetse biteguye guhangana nawe kuri uyu mukino wo kuri uyu wa kabiri saa tatu z’ijoro.
Ati “Turabizi ko arakina.Ntegereje kumubona akina.Ku bw’umupira,ku bw’umukino,nizeye ko arakina.”
Mbappe amaze gutsinda ibitego 37 mu mikino 43 amaze gukina muri uyu mwaka w’imikino birimo 8 amaze gutsinda muri Champions League.
Ku bijyanye n’uyu mukino,Pochettino yagize ati “Mu mupira w’amaguru uba ukeneye kwizera.Turagerageza gutsinda no gushaka ibitego.Nibyo turi ku gitutu gito ariko mu mupira uba ukeneye kugerageza.”
Ku rundi ruhande Pep yagize ati “Haracyari ibyago nkuko twari twiteze umukino wa mbere.Paris ishobora guhindura imikinire kuko umutoza wayo n’umunyabwenge.Ntabwo nzi icyo barakora gusa twe icyifuzo cyo kugera ku mukino wa nyuma n’igisanzwe kuko tutarabasha kuhagera hano.
Tugomba kwizirika ku mukino,tugafatanya mu bihe bibi,tukababarira hamwe.Turagerageza guhamya umukino wacu uko bishoboka kose.Turagerageza kugarira neza no gushaka ibitego.
Abakinnyi bashobora kubanza mu kibuga ku mpande zombi:
Manchester City: Ederson; Walker, Stones, Rúben Dias, Cancelo; Rodri, Gündoğan; Mahrez, Bernardo Silva, Foden; De Bruyne
Paris SG: Navas; Florenzi, Marquinhos, Kimpembe, Diallo; Verratti, Paredes; Di María, Neymar, Draxler; Icardi
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *