skol

Lautaro Martinez na Conte bagaragaye bagiye guterana ibipfunsi mu myitozo [AMAFOTO]

Yanditswe: Saturday 15, May 2021

Mu rwego rwo gukemura ikibazo bari bafitanye,rutahizamu Lautaro Martinez n’umutoza Antonio conte bakoze agashya baza mu myitozo bambaye nk’abakinnyi b’iteramakofe basa nk’abakina umukino wo guterana ibipfunsi nubwo batari bakomeje.

Ku mukino Inter iherutse gutsinda AS Roma ibitego 3-1, Lautaro martinez yaserereye n’umutoza Antonio Conte nyuma yo kugaragaza ko atishimiye gusimburwa mukibuga, ubwo yarasimbuwe.

Ubwo Lautaro Martinez yari asohotse mu kibuga arakaye cyane ko yasimbujwe yanasimbuye,umutoza Antonio Conte yaramubwiye ati"Erekana icyubahiro.Urakariye nde?.Ntuzongere kwitwara gutyo."

Ikipe ya Inter yashyize hanze amashusho agaragaza aba bombi bambaye nk’abakinnyi b’iteramakofe hanyuma Romelu Lukaku wari umushyushyarugamba akora akazi ke.

Yagize ati "Ubu turi kuri Madison Square Garden,ni Lautaro Martinez!’.Hanyuma ahamagara na Antonio Conte binjira muri ka ring kari kakozwe n’abakinnyi.

Abakinnyi ba Inter babonye Conte yinjiye bamuvugirije induru [boo] nawe azamura ibipfunsi arinjira gusa ibi byarangiye bombi biyunze.

Lautaro yinjiye mu kibuga ku munota wa 36 asimbuye Alexis Sanchez wari wavunitse hanyuma aza gukurwamo kuwa 77 asimbuzwa Ashley Young.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa