skol

Les Jeunes Athletiques Fc ntishaka ko Jules Ulimwengu akinira Rayon Sports kubera amanyanga yakorewe na Sunrise FC

Yanditswe: Thursday 14, Feb 2019

Ikipe yo mu Burundi yitwa Les Jeunes Athletiques Fc yamaze kwandikira FERWAFA iyimenyesha byinshi mu bikubiye mu masezerano yagiranye na Sunrise FC mbere y’uko iyitiza rutahizamu Jules Ulimwengu ariko bakaba bashatse kuyarengaho bakmugurisha mu ikipe ya Rayon Sports.

Les Jeunes Athletiques Fc yabwiye FERWAFA ko mbere yo gutiza Jules Ulimwengu mu ikipe ya Sunrise FC,bari bumvikanye ko igihe cyo kumugurisha nikigera bazagabana 50 kuri 50 mu gihe iyi Sunrise FC ariyo ibonye umukiriya mbere ndetse ko Les Jeunes Athletiques Fc nibona umukiliya mbere, iz atwara 60ku ijana, Sunrise FC igatwara 40 ku ijana.

Sunrise FC yahawe akayabo ka miliyoni bivugwa ko ari 8 z’Amanyarwanda na Rayon Sports aho kugabana 50 kuri 50 na Les Jeunesses Athletiques Fc,ihitamo kuyimirira yonyine, byatumye abarundi bahaguruka batanga ikirego muri FERWAFA.

Abarundi b’ikipe ya Les Jeunes Athletiques Fc basabye FERWAFA ko Jules Ulimwengu abuzwa gukinira Rayon Sports igihe Sunrise FC itarazana amafaranga bayihaye ngo bagabane baringanize.

Rayon Sports irindiriye ko Jules Ulimwengu ufite ibitego 9 muri shampiyona agaruka mu Rwanda aho akubutse muri CAN U20 agatangira imyitozo n’abandi,gusa bishobora kutayihira igihe cyose ikibazo cya Les Jeunesses Athletiques Fc na Sunrise FC kitarakemuka.

Les Jeunes Athletiques Fc yasabye FERWAFA ko yakurikirana Sunrise FC ikayisaba kubahiriza amasezerano bagiranye mbere y’uko uyu mukinnyi atangira gukinira Rayon Sports.

Bivugwa ko Rayon Sports itari izi neza iby’amasezerano ya Sunrise Fc n’iyi kipe y’i Burundi ,yiyumvikaniye na Jules Ulimwengu ikamuha miliyoni zigera kuri 5 kugira ngo ayisinyire hanyuma ikishyura na Sunrise FC miliyoni 8 FRW.

Les Jeunes Athletiques Fc yasabye FERWAFA gukurikirana Sunrise FC yishe amasezerano bagiranye

Amafoto:INYARWANDA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa