skol

Lewandowski yagaragaye ashwana n’umukinnyi bakinana nyuma yo gutsindwa na Man United

Yanditswe: Saturday 25, Feb 2023

featured-image

Rutahizamu wa Barcelona, Robert Lewandowski biravugwa ko yateranye amagambo bikomeye na mugenzi we bakinana,Ansu Fati nyuma yo gutsindwa na Manchester United.
Iyi kipe iyoboye La Liga yasezerewe mu mikino ya Europa League mu ijoro ryo kuwa Kane nyuma yo gutsindwa ibitego 2-1 na Man United kuri Old Trafford byatumye isezererwa cyane ko mu mukino ubanza amakipe yombi yanganyije ibitego 2-2.
Lewandowski w’imyaka 34 watsinze Penaliti yafashije FC Barcelona kubanza kuyobora umukino ngo (…)

Rutahizamu wa Barcelona, Robert Lewandowski biravugwa ko yateranye amagambo bikomeye na mugenzi we bakinana,Ansu Fati nyuma yo gutsindwa na Manchester United.

Iyi kipe iyoboye La Liga yasezerewe mu mikino ya Europa League mu ijoro ryo kuwa Kane nyuma yo gutsindwa ibitego 2-1 na Man United kuri Old Trafford byatumye isezererwa cyane ko mu mukino ubanza amakipe yombi yanganyije ibitego 2-2.

Lewandowski w’imyaka 34 watsinze Penaliti yafashije FC Barcelona kubanza kuyobora umukino ngo yagaragaye afite umujinya mwinshi umukino urangiye nyuma y’aho Fati w’imyaka 20,yitambikaga umupira mwiza wari uhawe uyu munya Polonye.

Uyu yamanitse amaboko n’umujinya akiri mu kibuga ariko ngo ntibyarangiriye aho kuko yageze mu rwambariro atukana n’uyu mwana.

Ikinyamakuru AS kivuga ko uyu wahoze ari rutahizamu wa Bayern Munich yagiye mu rwambariro ajya guhangana na Fati.

Iyi nkuru ivuga ko Lewandowski yatonganyije Fati,avuga ko atari ubwa mbere ikintu nkicyo kibayeho.

Fati ngo yavuze ko atari yabonye Lewandowski.

Ntabwo byoroheye uyu rutahizamu wigaragarije muri Borussia Dortmund kwakira uku gutsindwa na United cyane ko asanzwe ari umukinnyi uvuga make.

Uyu nyuma y’uyu mukino yagize ati "Twarwanye kugeza ku munota wa nyuma ariko ikibabaje nuko bitari bihagije iri joro.

Turababaye ariko turacyafite ibindi bikombe byo guhatanira.Mwakoze kudushyigikira.

Lewandowski amaze gutsinda ibitego 25 mu mikino 30 amaze gukinira FC Barcelona kuva yayigeramo mu mpeshyi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa