Mu buryo butunguranye cyane ikipe ya Liverpool yakoze ibyo benshi batari biteze ishora amafaranga itari yagatanze mu mateka yayo igura kizigenza ukina hagati mu kibuga,Moises Caicedo akayabo ka miliyoni 110 z’amapawundi.
Nta mukinnyi wari warigeze agurwa aya mafaranga n’ikipe yo mu Bwongereza cyangwa ngo nayo igurishe uhenze kuri uru rwego.
Moises Caicedo wari warigometse kuri Brighton &Hove Albion ashaka kujya mu makipe akomeye,byarangiye yerekeje mu ikipe ya Liverpool nubwo yari amaze amezi menshi ashakishwa na Chelsea ndetse baramaze kumvikana.
Ku munsi w’ejo nibwo Liverpool yamenye ko Chelsea yayiciye inyuma igashora miliyoni 48 z’amapawundi ku mukinnyi yifuzaga Romeo Lavia wo muri Southampton bituma nayo yiyemeza kuyihemukira kuri Moises Caicedo.
Chelsea yari imaze iminsi myinshi yiruka kuri Moises Caicedo ndetse yari igeze kuri miliyoni 90 imugereka ariko Liverpool yaje umunsi umwe gusa ihita itanga miliyoni 110 z’amapawundi ihita imwegukana.
Uyu munya Ecuador arakora ikizamini cy’ubuzima uyu munsi ahite yambara umwenda w’umutuku wa Liverpool.
Brighton yari yatangaje ko iragurisha iyi mari yayo ku ikipe itanga amafaranga menshi byatumye Liverpool iheba itanga kariya kayabo mu gihe Chelsea yo yari igeze kuri miliyoni 100 z’amapawundi.
Liverpool yaherukaga gutakaza abakinnyi bayo bo hagati barimo Henderson wari kapiteni wayo na Fabinho bagiye muri Saudi Arabia,yishumbushije uyu musore w’imyaka 21 ufite ubuhanga budasanzwe mu kibuga hagati.
Nubwo Liverpool yamuguze,ntabwo bigeze bavugana kubyo izamuha aribyo umutoza Klopp arakora uyu munsi mbere y’uko uyu mukinnyi akora ikizamini cy’ubuzima.
Moises Caicedo agiye gukomeza gukinana na Alexis MacAllister bari basanganwe muri Brighton ndetse umwaka ushize bayifashije kubona itike yo gukina imikino ya Europa League bwa mbere mu mateka yayo.
Liverpool iri kwiyubaka cyane kugira ngo yongere gutwara igikombe cya shampiyona cyangwa kugaruka mu makipe ane ya mbere,dore ko umwaka ushize yabuzemo ikaba izakina nayo Europa League.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *