Lopetegui utoza Real Madrid yatunguye benshi kubera ibyo yatangaje nyuma yo kunyagirwa na FC Barcelona
Yanditswe: Monday 29, Oct 2018
Umutoza wa Real Madrid,Julen Lopetegui yababaje benshi mu bafana b’iyi kipe ubwo yatangazaga ko izitwara neza muri uyu mwaka w’imikino kandi ikomeje kujya aharindimuka.
Lopetegui yabwiye abanyamakuru ko nubwo amakosa yose ariwe yashyizwe ku mutwe ariko yizeye neza ko atazirukanwa ndetse Real Madrid izitwara neza muri uyu mwaka.
Yagize ati “Tuzi uko bigenda mu mupira w’amaguru.Umutoza niwe ubazwa byose iyo ikipe yatsinzwe ariko nzi neza ko Real Madrid izitwara neza muri uyu mwaka w’imikino.Ndababaye ariko ni ibisanzwe mu mupira.Biteye agahinda ariko mfite imbaraga zo gukomez gutoza Real Madrid.”
Lopetegui yatsinzwe na FC Barcelona ku munsi w’ejo ibitego 5-1,byatumye uyu mutoza ajya mu mazi abira cyane ko bivugwa ko uyu munsi arirukanwa agasimbuzwa Antonio Conte wahoze atoza Chelsea Fc.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *