skol
fortebet

Luvumbu yahaye ubutumwa umukinnyi bakinana muri Rayon Sports ukina nabi

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Monday 09, Oct 2023

Luvumbu yahaye ubutumwa umukinnyi bakinana muri Rayon Sports ukina nabi

Sponsored Ad

skol

Umunye-Congo ukinira ikipe ya Rayon Sports, Heritier Nzinga Luvumbu,uhetse iyi kipe muri iki gihe yatanze ubutumwa akebura umwe muri bagenzi be wiharira umupira agakabya,ntakinane na bagenzi be.

Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram ku Cyumweru tariki ya 8 Ukwakira 2023, yavuze ko umuntu ukeneye gukina wenyine yajya gukina Tennis kubera ko umupira w’amaguru ari umukino w’ikipe.

Ati "mu mupira w’amaguru, niba ushaka gukina wenyine, jya gukina tennis kubera ko umupira w’amaguru ni umukino w’ikipe."

Ibi Luvumbu yabivuze nyuma y’uko ku wa Gatandatu bari banganyije na Marines FC 2-2 mu mukino w’umunsi wa 4 wa shampiyona utarabereye igihe.

Nubwo atigeze avuga izina ry’umukinnyi yabwiraga, bivugwa ko ubu butumwa yabugeneye Umugande Ojera Joackiam.

Nubwo ari umukinnyi mwiza,Ojera ashinjwa na bagenzi be kudatanga umupira bikaviramo ikipe kubura ibitego by’ingenzi.

Ibi uyu mukinnyi yabikoze mu mikino myinshi irimo uwa Al Hilal Benghazi basezerewemo ndetse no ku mukino wa Marines FC yabikoze kenshi.

Ibitekerezo

  • Yaaah. Nibaganirize Ojera kuko ndumva ibyo ataribyiza pe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa