Man City yegukanye igikombe cy’isi cy’amakipe ikora agahigo kananiye andi makipe yo mu Bwongereza
Yanditswe: Saturday 23, Dec 2023
Ikipe ya Manchester City yabaye ikipe ya mbere yo mu Bwongereza yegukanye ibikombe bitanu mu mwaka umwe nyuma yo gutsinda Fluminense ibitego 4-0 ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi cy’amakipe.
Icyakora muri uyu mukino,umukinnyi igenderaho Rodri yavunitse ndetse bishoboka ko imvune yagize ikomeye.
Manchester City yatwaye ibikombe bitatu mu mwaka w’imikino ushize,yegukana Super Cup itsinze Sevilla none yegukanye n’igikombe cy’isi cy’amakipe.
ku isegonda rya 40, ku gitego cyinjijwe na Julián Álvarez n’igituza nyuma y’ishoti rya Nathan Ake ryasubijwe inyuma n’igiti cy’izamu.
Bidatinze, ku munota wa 27, iyi kipe yo mu Bwongereza yabonye igitego cya kabiri ubwo Nino yitsindaga ku mupira wahinduwe na Phil Foden.
Uyu Mwongereza yitsindiye igitego cye mu gice cya kabiri, ku munota wa 72, ku mupira mwiza wahinduwe na Julián Álvarez bombi bari mu rubuga rw’amahina, arawuserebeka.
Álvarez wagize umugoroba udasanzwe, yongereye ibyishimo by’abafana ba Manchester City ubwo yatsindaga igitego cya kane ku munota wa 88, ku mupira yatereye mu rubuga rw’amahina.
City yabaye indi kipe yo mu Bongereza yegukanye Igikombe cy’Isi cy’Amakipe nk’uko byagenze kuri Manchester United, Liverpool na Chelsea.
Rodri wavuye mu kibuga asimbuwe,yaje gutangaza ko imvune yagize idakanganye nyuma yo guterwa umuserebeko yavuze ko wari mubi kurusha izindi mu myaka amaze akina ruhago.
City yatsinzwe imikino 3 yose yakinnye idafite Rodri gusa Guardiola arakora ibishoboka kugira ngo uyu mukinnyi we aboneke mu mikino ikurikiraho.
Rodri niwe wabaye umukinnyi w’irushanwa.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *