skol
fortebet

Man City yegukanye ikindi gikombe cy’i Burayi itsinze Sevilla

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Thursday 17, Aug 2023

Man City yegukanye ikindi gikombe cy'i Burayi itsinze Sevilla

Sponsored Ad

skol

Man City yegukanye Super Cup ya UEFA ku nshuro yayo ya mbere, itsinze Sevilla kuri penaliti 5-4 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu mukino wose.

Ikipe ya Man City yatwaye igikombe cya UEFA Champions League yahuye na Sevilla yatwaye Europa League bakina iki gikomb kiruta ibindi byarangiye nacyo icyegukanye.

Umwaka ushize,Man City yegukanye UEFA Champions League,Premier League,FA Cup none yongeyeho n’iki.

Icyakora Sevilla niyo yayoboye umukino igihe kininiibifashijwemo na Youssef En Nasyri watsinze igitego mu gice cya mbere gusa cyaje kwishyurwa na Cole Palmer ku munota wa 63.

Nubwo Man City itari ifite Kevin de Bruyne,yitwaye neza ibasha gutsindira kuri penaliti 5-4.

Penaliti za City zinjijwe na Haaland,Alvarez,Kovacic,Grealish na Walker.Iza Sevilla zinjijwe na Ocampos,Rafa Mir,Rakitic,Montiel mu gihe Nemanja Gudelj yahushije iya nyuma.

Iki ni igikombe cya 4 cya 4 Pep Guardiola yegukanye nyuma yo gutwara bibiri muei FC Barcelona,kimwe muri Bayern Munich n’iki cya City.

Myugariro Josko Gvardiol waguzwe miliyoni 77 yakinnye umukino we wa mbere kuri uyu wa Gatatu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa