skol
fortebet

Man United yafatiye ibihano ibinyamakuru bikomeye byibasiye umutoza wayo

Man United yafatiye ibihano ibinyamakuru bikomeye byibasiye umutoza wayo

Sponsored Ad

skol

Ikipe ya Manchester United yabujije ibitangazamakuru byinshi kwinjira mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma yo gutangaza inkuru zivuga ko umutoza Erik ten Hag yatakaje icyizere cy’abakinnyi be ku kigero cya 50%.

Abanyamakuru ba Sky Sports News, Daily Mirror, Manchester Evening News na ESPN bose babujijwe kwitabira ikiganiro cya Man United n’itangazamakuru cyo ku wa kabiri mbere y’umukino wo kuwa gatatu wa Premier League uzayihuza na Chelsea kuri Old Trafford.

United yavuze ko iki cyemezo kitafashwe kubera inkuru ubwazo ahubwo ko iyi kipe itigeze itigeze ihabwa umwanya n’aba banayamakuru kugira ngo ivuge kuri iyo nkuru.

Iyi kipe yagize ati: "Uyu munsi twafashe umwanzuro wo guhana ibinyamakuru byinshi, atari uko byatangaje inkuru tutakunze, ahubwo kubera ko bitabanje kutuvugisha kugira ngo biduhe amahirwe yo gutanga ibitekerezo, kubihakana cyangwa kubiha umurongo.

Turizera ko iri ari ihame ry’ingenzi ryo kurengera kandi turizera ko rishobora gutuma abantu bongera gushyiraho uburyo dukorana."

Sir Alex Ferguson wahoze ari umutoza wa United, yari azwiho guhana abanyamakuru barengereye ubwo yatozaga iyi kipe, none Ten Hag yamwiganye.

Iki cyemezo cyanenzwe n’umunyamakuru wa TalkTV ndetse wahoze ari umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru cy’igihugu, Piers Morgan, wakoranye ikiganiro na Cristiano Ronaldo umwaka ushize bigatuma uyu mukinnyi asohoka kuri Old Trafford.

Piers Morgan yavuze ko guhagarika abanyamakuru kwa United bisekeje ’

Uyu abinyujije ku rubuga X yagize ati "Ushobora gufata uyu mwanzuro mu gihe uri umutoza mwiza w’ibihe byose nka Sir Alex, ariko kubikora mu gihe uri mubi nka Ten Hag kandi abanyamakuru batangaza neza uko uri mubi, birasekeje."

Ubu United iri ku mwanya wa karindwi muri Premier League, amanota atanu inyuma y’ikipe iri mu makipe ane ya mbere, ikaba ishobora kuzasezererwa muri Champions League mu cyumweru gitaha niramuka inaniwe gutsinda Bayern Munich kuri Old Trafford ku wa kabiri cyangwa hagati ya Copenhagen na Galatasaray imwe itsinze indi mu itsinda barimo.

United izakina na Bournemouth kuwa gatandatu hanyuma ikurikizeho Liverpool mu mpera z’icyumweru gitaha.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa