Manchester City yahanye Kalvin Phillips kubera ikosa ritangaje yakoze
Yanditswe: Saturday 24, Dec 2022
Umukinnyi wo hagati wa Man City,Kalvin Phillips,yahanishijwe gukurwa mu ikipe yagombaga guhura na Liverpool mu mukino wa Carabao Cup kubera ko yavuye mu gikombe cy’isi yarongereye ibiro.
Uyu musore w’Umwongereza umaze igihe mu mvune yahuye n’uruva gusenya nyuma yo kubwirwa na Guardiola ko atari bukina na Liverpool kuwa Kane kubera kongera ibiro.
Icyakora uyu mukino Man City yawutsinze ibitego 3-2 ndetse ikomeza muri 1/4 aho izahura na Southampton.
Uyu musore w’imyaka 27 ntarabasha (…)
Umukinnyi wo hagati wa Man City,Kalvin Phillips,yahanishijwe gukurwa mu ikipe yagombaga guhura na Liverpool mu mukino wa Carabao Cup kubera ko yavuye mu gikombe cy’isi yarongereye ibiro.
Uyu musore w’Umwongereza umaze igihe mu mvune yahuye n’uruva gusenya nyuma yo kubwirwa na Guardiola ko atari bukina na Liverpool kuwa Kane kubera kongera ibiro.
Icyakora uyu mukino Man City yawutsinze ibitego 3-2 ndetse ikomeza muri 1/4 aho izahura na Southampton.
Uyu musore w’imyaka 27 ntarabasha kwemeza umutoza Guardiola ko yiteguye kugaruka muri Premier League ndetse ntibiramenyekana niba azakina umukino bazahura na Leeds yahozemo kuwa Gatatu.
Guardiola yabwiye abanyamakuru ati "Ntabwo yavunitse.Yagarutse yarongereye ibiro.Sinzi impamvu.
Yaje atari mu bihe byiza byo gukora imyitozo no gukina.Niyo mpamvu atakinnye.Naba yiteguye azakina kuko turamukeneye cyane."
Amakuru avuga ko uyu mukinnyi yiyongereyeho ikiro kimwe n’amagarama 300 ariyo mpamvu yahanwe.
Uyu yari yahawe iminsi 10 y’ikiruhuko nyuma yo kuva mu gikombe cy’isi Ubwongereza bumaze gutsindwa n’Ubufaransa ibitego 2-1.
Uyu yinjiye mu kibuga asimbuye mu mikino y’igikombe cy’isi Ubwongereza bwakinnye na Wales na Senegal.
Ntabwo arakinira City kuva yagurwa muri Leeds mu mpeshyi ishize,miliyoni 42 z’amapawundi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *