Ikipe ya Manchester City yamaze gutangaza ko umunyabigwi wayo Sergio Kun Aguero atazongererwa amasezerano ye azarangira mu mpeshyi ariyo mpamvu iri gushaka umusimbura we Erling Haaland ukinira Borussia Dortmund.
Erling Haaland w’imyaka 20 arifuzwa n’amakipe menshi ariko Manchester City irashaka kujya imuhemba ibihumbi 600 by’amapawundi ku cyumweru kugira ngo ayikinire umwaka utaha.
Ikinyamakuru The Sun kiratangaza ko ikipe ya Manchester City ishaka gukora agashya ikagura uyu munya Norway akayabo ka miliyoni zirenga 150 z’amapawundi ndetse ikajya imuhemba ibihumbi 600 by’amapawundi ku cyumweru aho yahita aba umukinnyi wa mbere uhembwa amafaranga menshi mu Bwongereza.
Paris Saint-Germain,Real Madrid,Chelsea na FC Barcelona nazo zivugwa muri dosiye yo gushaka Erling Haaland ariko amakipe y’Abarabu niyo ahabwa amahirwe yo kumwegukana.
Pep Guardiola akunda cyane Harry Kane ukinira Tottenham ariko abona bigoye kumubona ariyo mpamvu ashaka uyu munya Norway mu mpeshyi.
Ushakira amakipe Haaland witwa Mino Raiola ari mu kazi kenshi kubera ko uyu rutahizamu akenewe cyane ku isoko.
Rutahizamu Haaland yaguzwe na Dortmund miliyoni £19.5 mu Ukuboza 2019 ariko biratangaje ko mu gihe gito cyane agiye kugurwa miliyoni zirenga 100 z’amapawundi.
Dortmund irashaka kugumana Haaland muri iyi mpeshyi ariko iherutse gutangaza ko ushaka uyu rutahizamu agomba kwishyura miliyoni 180 z’ama Euros (£154m).
Sergio Kun Aguero yari amaze imyaka isaga 10 akinira Manchester City ariko iyi kipe yemeye kumurekura ndetse ngo izamwubakira ikibumbano nk’ishimwe ry’ibyo yayikoreye.
Erling Haaland ni imari ishyushye ku isoko mu mpeshyi
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *