Ikipe ya Manchester United irakataje ishaka umusimbura wa Cristiano Ronaldo aho yongereye imbaraga ishaka gusinyisha Umufaransa Kylian Mbappé ukinira PSG.
Uyu mukinnyi uhembwa amafaranga menshi kurusha abandi ku isi ashobora gutangwaho miliyoni 150 z’amapawundi nkuko ibinyamakuru bibitangaza .
Mu minsi ishize, Mbappé byavuzwe ko ashaka gutandukana n’ikipe ye.
ESPN yatangaje ko abakinnyi ba Manchester United badategereje ko Cristiano Ronaldo azaba ari muri iyi kipe mu gihe Premier (…)
Ikipe ya Manchester United irakataje ishaka umusimbura wa Cristiano Ronaldo aho yongereye imbaraga ishaka gusinyisha Umufaransa Kylian Mbappé ukinira PSG.
Uyu mukinnyi uhembwa amafaranga menshi kurusha abandi ku isi ashobora gutangwaho miliyoni 150 z’amapawundi nkuko ibinyamakuru bibitangaza .
Mu minsi ishize, Mbappé byavuzwe ko ashaka gutandukana n’ikipe ye.
ESPN yatangaje ko abakinnyi ba Manchester United badategereje ko Cristiano Ronaldo azaba ari muri iyi kipe mu gihe Premier League izaba isubukuwe.
Ikinyamakuru The Mirror kivuga ko Mbappe ashobora kwerekeza muri iyi kipe mu kwezi kwa Mbere akayifasha mu mikino isigaye.
Amakuru yagiye hanze mu Kwakira yavugaga ko Mbappe atumvikana n’umutoza Christophe Galtier utamukinisha mu mwanya yifuza wo ku ruhande rw’ibumoso, ahubwo akamukinisha imbere ku busatirizi.
Hagati aho, bivugwa ko United ari imwe mu makipe make yo mu Burayi yabasha gutanga umushahara w’ikirenga wa Mbappe - bivugwa ko yahembwa ibihumbi 500.000 by’amapawundi ku cyumweru.
Hari andi makuru avuga ko iyi kipe ishaka rutahizamu wa Napoli Victor Osimhen mu kwezi kwa mbere.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *