Ikipe ya Manchester United yamaze gutangaza ko yamaze kumvikana na Ajax Amsterdam, ku masezerano yo kugura umunya-Brazil w’imyaka 22, ukina asatira aca ku mpande, Antony Matheus dos Santos.
Uyu muore wari umaze iminsi ategerejwe cyane,amakuru aravuga ko yaguzwe miliyoni 100 z’amayero harimo n’inyongera bitewe nuko azitwara.
Mu itangazo Manchester United yashyize hanze,yagize iti "Ikipe ya Manchester United yagiranye amasezerano na Ajax yo kugura Antony, hashingiwe ku kizamini cy’ubuzima, (…)
Ikipe ya Manchester United yamaze gutangaza ko yamaze kumvikana na Ajax Amsterdam, ku masezerano yo kugura umunya-Brazil w’imyaka 22, ukina asatira aca ku mpande, Antony Matheus dos Santos.
Uyu muore wari umaze iminsi ategerejwe cyane,amakuru aravuga ko yaguzwe miliyoni 100 z’amayero harimo n’inyongera bitewe nuko azitwara.
Mu itangazo Manchester United yashyize hanze,yagize iti "Ikipe ya Manchester United yagiranye amasezerano na Ajax yo kugura Antony, hashingiwe ku kizamini cy’ubuzima, amasezerano y’ibyo umukinnyi yifuza yarangiye, ndetse n’uruhushya mpuzamahanga.
Antony yatsinze ibitego 31 n’imipira 27 yavuyemo ibitego mu mikino 134 yakiniye Ajax na Sao Paulo, n’ibitego bibiri n’imipira ibiri yavuyemo ibitego mu mikino icyenda yakiniye yakinnye muri Brazil.
Yatwaye ibikombe bibiri bya Eredivisie, n’umudari wa zahabu mu mikino Olempike ya 2020."
Anthony nubwo adatsinda ibitego byinshi n’umuhanga mu gusatira anyuze ku ruhande,kurema uburyo buvamo ibitego ndetse no kuzengereza cyane ba myugariro ahanini bitewe n’umuvuduko we.
Uyu musore yasinye imyaka 5 muri United ishobora kwiyongeraho umwe bitewe nuko azitwara.
Daily Mail yemeje ko uyu mukinnyi yaguzwe miliyoni 81.3 z’amapawundi zishobora kuziyongeraho 4.2 bitewe nuko azitwara hanyuma yose akaba miliyoni 85 z’amapawundi.
Antony yasunitse Ajax kugira ngo imurekure yanga kwitoza hamwe na bagenzi be. Ku cyumweru ntiyakinnye umukino Ajax yatsinzemo Utrecht ibitego 2-0.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *