Mario Zagallo wakoze agahigo gakomeye mu ikipe ya Brazil yapfuye
Yanditswe: Saturday 06, Jan 2024
Icyamamare mu mupira w’amaguru muri Brazil, Mario Zagallo, wegukanye ibikombe bine by’isi nk’umukinnyi n’umutoza, yapfuye afite imyaka 92.
Bwana Zagallo wasatiraga aca ku mpande yari mu ikipe ya Brazil yegukanye ibikombe by’isi mu 1958 na 1962, abanza mu kibuga mu mikino ya nyuma yombi.
Yayoboye ikipe ifatwa nk’ikipe y’igihugu yari ikomeye kurusha zindi zose zabayeho ku isi, yarimo Pele, Jairzinho na Carlos Alberto, batwara igikombe mu 1970.
Intsinzi ya nyuma y’Igikombe cy’isi ya Zagallo yaje ari umutoza wungirije wa Carlos Alberto Parreira mu 1994.
Yagarutse nk’umutoza wa Brazil nyuma y’iryo rushanwa maze ayigeza ku mukino wa nyuma mu 1998, aho batsinzwe n’Ubufaransa bwari bwakiriye.
Zagallo ni we muntu wa mbere wegukanye igikombe cy’isi nk’umukinnyi ndetse n’umutoza - icyo kikaba ari igikorwa cy’indashyikirwa asangiye n’umudage Franz Beckenbauer na Didier Deschamps w’Ubufaransa.
Urupfu rwa Zagallo ruvuze ko ntawe ukiri ku isi mu bari bagize ikipe ya Brazil yakinnye umukino wa nyuma wa 1958.
Zagallo wakundaga nimero 13 cyane,yahagaritse gukina ruhago muri 1965 ahita yinjira mu gutoza aho yahereye ku ikipe ya Botafogo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *